skol
fortebet

M23 yahanganye n’inyeshyamba nshya itari imenyereye

Yanditswe: Saturday 18, May 2024

featured-image

Sponsored Ad

Abarwanyi ba M23 babyutse bahanganye n’inyeshyamba za NDC/Ndume ndume za Gen.Guidon Shimirayi.

Sponsored Ad

Uduce twa Ihura,Ibuga,umujyi wa Kashuga byagenzurwaga na FDLR ifatanyije na NDC/Ndume ndume za Gen.Guidon Shimirayi twigaruriwe na M23 mu mirwano yabyutse ibahanganishije.

Abarwanyi ba M23 babyutse bahanganye n’inyeshyamba za NDC/Ndume ndume za Gen.Guidon Shimirayi

Uduce twa Ihura,Ibuga,umujyi wa Kashuga byagenzurwaga na FDLR ifatanyije na NDC/Ndume za Gen.Guidon Shimirayi twigaruriwe na M23 mu mirwano yabyutse ibahanganishije.

Aya makuru yemezwa na Gen.Shimilayi umwe mu bakomanda ba Wazalendo ifite ingabo muri ako gace,mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Rwanda Tribune uri Goma.

Umwe mu bayobozi ba Sosiyete Sivile muri ako gace avuga ko imirwano ikomereje mu misozi ya Gashuga,Misinga,hafi ya Mweso aho aba Wazalendo bashakaga kwisubiza agace ka Mweso gasanzwe kagenzurwa na M23,ariko bikaba bitarasobanuka neza.

Uduce twa Ihura,Ibuga duherereye muri Sheferi Bashali Mukoto,Teritwari ya Masisi tukaba tumaze imyaka irenga 10 tugenzurwa n’umutwe wa FDLR muri iki gihe hakaba habarizwaga inite iyoborwa na Col.Marius.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa