Rubavu: Umugabo w’imyaka 30 yafunzwe akekwaho gushaka gusambanya umuhungu w’imyaka 17
Yanditswe: Tuesday 21, Feb 2023
Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Gashyantare 2023, mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Kivumu, Umudugudu wa Ubutabazi mu Karere ka Rubavu.
Umuyobozi ushinzwe Irangamimerere mu Murenge wa Gisenyi, Ndagijimana Serunyenyeri Innocent, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko ukekwaho biriya yamaze gushyikirizwa inzego z’Ubugenzacyaha.
Yagize ati “Ni abantu bivugwa ko bari banyoye, basangiye baraza bageze muri uwo Mudugudu, ashaka gufata mugenzi we ku ngufu. Ubu ari kuri (...)
Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Gashyantare 2023, mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Kivumu, Umudugudu wa Ubutabazi mu Karere ka Rubavu.
Umuyobozi ushinzwe Irangamimerere mu Murenge wa Gisenyi, Ndagijimana Serunyenyeri Innocent, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko ukekwaho biriya yamaze gushyikirizwa inzego z’Ubugenzacyaha.
Yagize ati “Ni abantu bivugwa ko bari banyoye, basangiye baraza bageze muri uwo Mudugudu, ashaka gufata mugenzi we ku ngufu. Ubu ari kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, i Gisenyi.”
Uyu muyobozi yasabye abaturage kwirinda ingeso mbi bagakurikiza ibyo amategeko ateganya.
uyu uvugwaho biriya kandi ngo yasanganywe imiti yifashishwa n’abakora ubutinganyi, bikekwa ko yari kuyifashisha.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *