skol
fortebet

Aba Karidinali 13 baherewe umugisha i Vatican na Nyirubutange Papa harimo n’umunyarwanda[AMAFOTO]

Yanditswe: Monday 30, Nov 2020

Sponsored Ad

skol

Nyuma yo kwimikwa bakaba aba ‘cardinals’ ku mugaragaro, bajyanye na Papa Francis guhura na Papa Benedigito XVI.

Sponsored Ad

Bahuriye muri chapel yitwa Mater Ecclesiae iri i Vatican hafi y’aho Papa Benedigito XVI atuye. Papa Benedigito yeguye ku nshingano ze muri 2013.

Aba cardinals 13 barimo n’Umunyarwanda Antoine Kambanda kuri uyu wa Gatandatu nibwo bimitswe ku mugaragaro bagirwa aba cardinals.Umuhango wo kubimika wabereye muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma.

Buri cardinal yahawe umugisha na Papa Benedigito XVI kandi buri wese yagombaga kujya imbere ye, hanyuma umuntu ubishinzwe akabwira Papa umwirondoro wa buri mu cardinal.

Itangazo ryasohowe n’ibiro bya Papa bishinzwe itumanaho rivuga ko Papa Benedigito XVI yabwiye bariya ba cardinals ko yishimiye ko bazamuwe mu ntera ndetse abaha n’umugisha binyuze mu isengesho ryitwa Salve Regina.

Musenyeri Kambanda yimitswe na Papa Francis nka Cardinal mushya muri Kiliziya Gatolika


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa