Akavure bivugwa ko Yesu/Yezu yavukiyemo kagiye gusubizwa i Betelehemu
Yanditswe: Sunday 01, Dec 2019
Papa Francis yategetse ko ibice by’akavure bivugwa ko ariko Yesu/Yezu yavukiyemo bigiye gusubizwa I Betelehemu nyuma y’imyaka igera ku 1400 bibitswe ku mugabane w’Uburayi I Roma.
Yategetse ko bisubizwa I Betelehemu bikuwe I Roma aho byari bibitswe muri bazilika ya Santa Maria Maggiore kuva mu kinyejana cya karindwi.
Mu rwego rwo kubihuza n’umunsi mukuru wa Noheli biteganyijwe ko bizabanza kwerekanwa I Yeruzalemu mbere y’uko bijyanwa I Betelehemu ubwo hazaba hizihizwa umunsi mukuru wa Noheli.
Amakuru dukesha ibitangazamakuru bya Vatican aravuga ko ibi bice by’akavure Yesu Christ yavukiyemo bizagumishwa mu rusengero rwa St. Catherine I Betelehemu dore ko ari naho yavukiye dukurikije ibyanditswe muri Bibiliya.
Muri 2018 Perezida wa Palesitina Mahmud Abbas yagiriye uruzinduko I Vatican aho yagiranye ibiganiro na Papa Francis akanamusaba ko aka kavure kamaze imyaka irenga 1000 I Vatican kasubizwa I Betelehemu.
Aka kavure kari karageze I Roma gatanzwe na Sophronius wayoboraga Yerusalemu bivugwa ko ari impano yari ahaye Papa Theodore wa I mu kinyejana cya karindwi bivugwa ko ari nako kafashije abakristo benshi b’ I Roma kwizera umukiza.
I Roma hahoraga abantu baturutse impande zose z’isi babaga baje kureba aka kavure k’amateka ariko n’ubundi nta kizatuma badakomeza kugasura I Betelehemu nk’uko ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika ku isi bubivuga.
Ibitekerezo
Ariko hariho abanyamakuru basetsa koko! Ngo akavure Yesu yavukiyemo!!! Birashoboka se? Utagera we ntanagereranya. Ubwo ni ko nyina Mariya yari aryamyemo ajya kumubyara? Musome muri Mariko 2:7 (..abayara umuhungu w’imfura amworosa imyenda y’impinja, amuryamisha mu muvure….)
Ntabwo rero yavukiye mu muvure, ahubwo bawumuryamishijemo amaze kuvuka.