skol
fortebet

Amato yaketswe kwinjiza inyeshyamba mu Burundi yatwitswe n’abasirikare

Yanditswe: Sunday 13, Sep 2020

featured-image

Sponsored Ad

skol

Mu Ntara ya Rumonge ku wa 10 Nzeri 2020, abasirikare (marines) b’u Burundi barinda ikiyaga cya Tanganyika batwitse amato y’ibiti baketse ko yinjije inyeshyamba zitwaje intwaro mu gihugu ziturutse muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Sponsored Ad

Amakuru aturuka muri iki gihugu avuga ko amato yatwitswe n’abasirikare bari bayobowe na Brig. Gen. Venant Mbonimana usanzwe ari Komanda w’uyu mutwe.

Gusa ngo batwitse ay’abarobyi bari bamaze iminsi barobera mu mazi aherera muri RDC. Ngo umwe wari utwaye ubwato bamushinje kwinjiza abo bitwaje intwaro mu gihugu.

Kuva mu mpera za Kanama 2020, ibice bitandukanye by’u Burundi cyane cyane ibyegereye ishyamba rya Kibira, biravugawamo umutekano muke waba uterwa n’inyeshyamba zituruka mu burasirazuba bwa RDC.

Ni nako kandi umutekano ukomeje gukazwa cyane n’ingabo z’igihugu, inzira zose zaturukamo umwanzo zishyirwamo uburinzi bukomeye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa