Ifoto y’umukobwa wabaye ikizungerezi nyamara yari yarishwe n’inzara mu buryo buteye agahinda yaciye ibintu hose[AMAFOTO]
Yanditswe: Wednesday 12, Feb 2020
Umukobwa uvuka muri Somalia yatangaje benshi mu batuye isi ubwo yashyiraga hanze ifoto imugaragaza akiri muto yenda kwicwa n’inzara ndetse umubiri we wose ari amagufa gusa ndetse imbavu ze ubasha kuzibara ariko kuri ubu akaba ari ikizungerezi.
Uyu mukobwa watangaje benshi kubera ubwiza afite nyuma yo kuva mu buzima bubi yari abayemo muri Somalia,yatumye benshi barushaho kwizera ko nta kure cyane habaho Imana itakura umuntu cyane ko akiri umwana yari yararwaye indwara zatumye aba uruzingo kubera imirire mibi.
Uyu mukobwa wazahajwe n’imirire mibi na malaria akiri muto,yakunzwe n’umuryango w’abagiraneza bamujyana kumurerera muri USA none kuri ubu ni umwe mu bakobwa beza ku isi.
Uyu mukobwa yiga ibijyanye n’ibinyabuzima kugira ngo azabe muganga yite ku bana bahuye n’ubuzima bubi nkubwo yanyuzemo akiri muto.
Ibitekerezo
IMANA NTAHO ITAKUVANA