skol
fortebet

Umuvugabutumwa Joshua uherutse gutangaza amabonekerwa yagize kuri Coronavirus,yatangiye urugendo rw’amarira no kwibabaza

Yanditswe: Saturday 02, May 2020

Sponsored Ad

skol

Mu gihe icyorezo coronavirus gikomeje gukwirakwira vuba na vuba hirya no hino ku Isi ari nako gitwara ubuzima bw’abatari bacye hakaba hanabuze umuti,Umuvugabutumwa wo mu gihugu cya Nigeria,Temitope Balogun Joshua (T.B Joshua) uherutse kwemeza ko Imana yamuhishuriye igihe izahagararira,yatangiye urugendo rwo kwiyiriza ari mu misozi atakambira Imana ngo yo kumutamaza.

Sponsored Ad

Temitope Balogun Joshua (T.B Joshua), Umuvugabutumwa wo mu gihugu cya Nigeria, akaba umuyobozi ndetse n’uwashinze urusengo Church of all Nations of the Synagogue,yifashishije urukuta rwe rwa Twitter asangiza abamukurikirana amafoto y’umubabaro aherekejwe n’ubutumwa buvuga ko adateze kurya no kururuka imisozi atarahabwa n’Imana igisubizo ku cyorezo cya COVID19.

Uyu muvugabutumwa yari aherutse kurema agatima abantu b’Isi yose nyuma yo kuvuga ko yavuganye n’Imana ikamuhishurira ko iki cyorezo cya coronavirus (COVID-19) cyamaze kwivugana abatari bacye hirya no hino ku isi kitazayimaraho igihe kirekire.

T.B Joshua yavuze ko Imana yamubwiye ko iki cyorezo cyakuye Isi yose umutima cyiri kwica abantu umusubirizo ko kitazarenza i tariki ya 27/03/2020 kikibarizwa hano ku Isi, ibi akaba yarabitangaje ubwo yabwirizaga kuri televiziyo ye yitwa Emmanuel TV.

Mu minsi ishize humvikanye undi muvugabutumwa avuga ko iki cyorezo mu minsi iri mbere kizaba amateka nk’ibindi byose byabayeho kuri iyi si, gusa ngo mbere yuko gicika, Isi hose hazamara icyumweru hagwa imvura nyinshi.

Ibitekerezo

  • Kombonase ifoto mwashyizeho atariye

    Iyi foto ntabwo ari iya TB joshua.

    Ndagirango rwose mujye mwandike amakuru mushyizemo ubuntamwuga. Nk’iyi nkuru mwanditse yuzuyemo amakosa isi yose isoma ibyo mwanditse nta soni biba bibateye kiki?
    1. Mu nkuru muravuga muri TB Joshua ni umuvugabutumwa wo muri Ghana mukabisubiramo inshuro zirenze imwe!!! Wakwibeshya rimwe apana 2,3,...
    TB Joshua ni umuvugabutumwa wo muri Nigeria
    2. Igitangaje noneho ifoto mwashyizeho mu nkuru hagati ni iya Pastor Chris Oyakhilome wo muri Afurika y’epfo ntabwo ari iya TB Joshua!!!
    N.B. Mbere yo gutangaza inkuru mujye mubanza muyisuzume mureke gutangaza inkuru zuzuyemo ibinyoma svp!!!!

    mwibeshye sumuvugabutumwa wo muri ghana nuwo miri Nigeria

    bsr. uwo T.B Joshua si uwo muri Ghana plse. mwihenze ni ywo muri Nigeria.
    kdi iyo photo iri hasi yambaye ikoti rya caki, ntabwo ari we rwose.
    we ni uriya mwashyize hejuru. murakoze

    ntabwo aruwo muri Ghana numu Nageria

    Ese mwarebye neza ko TB Joshua ari uwo muri Ghana cyangwa ni uwo muri Nigeria !?

    Mwiriwe Benedata!🤚

    Murabizi ko tumaze iminsi mu ngo dusabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, ariko non eho nimureba kure murabona ko kuva kuwa mbere tariki ya 4/5/2020 ari bwo dukeneye kwirinda kurushaho kubera impamvu zikurikira:

    - Abantu bazaba bavuye mu ngo zabo ari benshi umunsi ku munsi, bityo kwanduzanya bibe byakoroha.

    - Services nyinshi zizaba zakomorewe gukora bityo hazabaho no guhererekanya amafaranga bitewe n’uko hari abatemera kwishyurwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.

    - Hari abatareba kure bari butekereze ko kuva hari ibyakomorewe ko Covid-19 yarangiye kandi ntiturayihashya ahubwo ni ukugira ngo mu kwirinda hagire n’indi mirimo ikorwa bityo inzara nayo itazatubera icyorezo mu gihe twese twaba tumaze igihe kinini tudakora.

    Bavandimwe,
    rwose ubu nibwo twagatekereje ku buzima bwacu bwiza bw’ejo hazaza. Uyu mwanya ntube uwo gusamara mu bidafite agaciro , ahubwo ube uwo kujya mu byadufasha kugira ngo ubuzima bwacu bwa buri munsi ndetse n’ubw’igihugu muri rusange bukomeze kandi neza.

    Babyeyi bagenzi banjye, uyu ni umwanya mwiza wo gukomeza kwirinda ku buryo niba ubona nta yindi service ufite ugiye gukora, *igumire* *mu* *rugo* *nk’uko* *bisanzwe*.

    Mufashe n’abana banyu bagume mu ngo kubera ko abenshi nta kazi baba bafite uretse kuzerera gusa, hato tutazabura U Rwanda rw’ejo kandi mwibuke ko abo bana ari na bo tuzaraga igihugu cyacu.

    Ntimwibagirwe kandi no gukomeza gukangurira abantu bose muturanye gukaza ubwirinzi.

    *EJO HAZAZA HEZA HACU HARI MU BIGANZA BYACU, KANDI KWIRINDA BIRUTA KWIVUZA*

    Volunteer Bizimana Boniface

    Uwo ni Pastor Chris si TB Joshua kandi ni umunyanijeriya

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa