skol
fortebet

Umwongereza yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Bujumbura arafungwa

Yanditswe: Wednesday 27, Nov 2019

Sponsored Ad

skol

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye cy’i Bujumbura ejo ku wa kabiri Polisi yataye muri yombi umugenzi w’Umwongereza ashinjwa gutwara amabuye y’agaciro mu buryo butemewe nk’uko abategetsi babyemeza.

Sponsored Ad

Uyu mugabo utatangajwe umwirondoro yari agiye gufata indege ya Kenya Airways afite ibiro 6,5 by’amabuye y’agaciro ariko adafite ibyangombwa bimwemerera kuyavana mu gihugu.

Ibi byatangajwe na Emmanuel Habimana uyobora urwego rushinzwe indege za gisivile mu kiganiro yahaye abanyamakuru nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru Xinhua News bya leta y’Ubushinwa.

Bwana Habimana yavuze ko uyu ukekwa yagerageje guha abapolisi ruswa y’amadorari 40 ya Amerika (75,000 Fbu) ngo bamureke agende ariko bakanga kuyakira.

Kuvana amabuye y’agaciro mu Burundi bisaba ibyangombwa bitangwa na banki nkuru y’u Burundi, ikigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi hamwe n’ikigo gishinzwe imisoro.

Uregwa yashyikirijwe ubucamanza nk’uko bitangazwa na Bwana Habimana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa