skol
fortebet

Abadepite muri Amerika baburiwe ko Uburusiya buri kwivanga ngo Trump yongere atorwe

Yanditswe: Friday 21, Feb 2020

Sponsored Ad

Inzego z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zaburiye ko Uburusiya buri kugerageza gufasha Perezida Donald Trump ngo azongere atorwe mu matora ateganyijwe kuba mu kwa cumi na kumwe, nkuko ibitangazamakuru byo muri Amerika bibivuga.

Sponsored Ad

Ibyo byavugiwe mu nama yabereye mu muhezo y’urwego rushinzwe ubutasi rwo mu nteko ishingamategeko y’Amerika ku itariki ya 13 y’uku kwezi kwa kabiri, nkuko abategetsi babibwiye ibitangazamakuru byo muri Amerika.

Amakuru avuga ko Perezida Trump yarakaye bikomeye, yinubira ko abo mu ishyaka ry’abademokarate bakoresha ayo makuru bamwibasira.

Ejo ku wa kane, Bwana Trump yasimbuje Joseph Maguire, wari umuyobozi we w’agateganyo ushinzwe ubutasi.

Ikinyamakuru The New York Times cyatangaje ko perezida Trump yarakajwe mu buryo bw’umwihariko nuko Adam Schiff, umudemokarate wayoboye ibikorwa byo gushaka kumweguza, na we yari muri iyo nama.

Bwana Maguire yahabwaga amahirwe yo guhabwa akazi k’igihe kirekire nk’umuyobozi w’urwego rw’ubutasi [Director of National Intelligence (DNI)], nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The Washington Post.

Ariko icyo kinyamakuru kivuga ko Perezida Trump yisubiyeho ubwo yamenyaga iby’iyo nama, ndetse n’icyo yise no "kutayoboka" k’uwo wari umukozi we.

Muri iki cyumweru, perezida Trump yatangaje ko Maguire azasimburwa na Richard Grenell, ambasaderi w’Amerika mu Budage uzwiho kuba umuntu umwumvira.

Abakozi babiri bo mu butegetsi bwa Trump babwiye The New York Times ko uko gusimbuza Bwana Maguire, mu buryo bwihuse cyane nyuma yo kuba kw’iyo nama itavugwaho rumwe, byombi bifitanye isano.

Abategetsi bo mu butasi bw’Amerika bavuga ko Uburusiya bwivanze mu matora ya perezida w’Amerika yo mu 2016 mu gutera ingabo mu bitugu ibikorwa byo kwiyamamaza kwa perezida Trump no guteza akavuyo mu bikorwa by’amatora muri Amerika.

Abademokarate banenze Perezida Trump kubera gushyiraho Bwana Grenell, mbere uyu akaba yari yarahinyuye ibivugwa ko Uburusiya bwivanze mu matora ya perezida muri Amerika ndetse akaba yarishimiye kwaduka mu Burayi kw’abanyapolitike bafite abatwara y’ubuhezanguni.

Inkuru ya BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa