skol
fortebet

Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka 13 nawe yavuze ku rupfu rwa Pierre Nkurunziza

Yanditswe: Thursday 11, Jun 2020

Sponsored Ad

skol

Pierre Buyoya wayoboye igihugu cy’u Burundi mu gihe cy’imyaka 13, yihanganishije u Burundi n’abaturage babwo ku rupfu rwa mugenzi we, Perezida Pierre Nkurunziza witabye Imana kuwa mbere w’iki cyumweru azize indwara y’umutima.

Sponsored Ad

Pierre Buyoya kuri ubu wibera mu mahanga aho bivugwa ko aba mu Bufaransa, yabaye Umukuru w’igihugu cy’u Burundi muri manda ebyiri zisa n’izikurikirana, ni ukuvuga kuva 1987 kugeza 1993 ubwo yasimburwa na Melchior Ndadaye wahise ahirikwa ku butegetsi abumazeho amezi atatu yonyine bituma Buyoya yongera kubwisubiza kugeza mu 2003.

Buyoya w’imyaka 70 y’amavuko, muri mu 2018 yashyiriweho na Leta y’u Burundi impapuro zo kumuta muri yombi kubera ibyaha imushinja byo kuba ariwe wateguye umugambi wo kwica Perezida Melchior Ndadaye wishwe mu 1993 akimara kumusimbura ku butegetsi.

U Burundi bushinja Major Pierre Buyoya kuba ariwe wateguye iyi ‘Coup d’Etat’ yatumye yongera kwisubiza ubutegetsi, aho kugeza ubu ariwe wa mbere ku rutonde ruriho abantu 17 bashinjwa uruhare mu iyicwa rya Perezida Ndadaye, rwasohowe n’Ubushinjacyaha bukuru bw’u Burundi mu kwezi k’Ugushyingo 2018.

Buyoya utajya akunda kumvikana mu itangazamakuru, yongeye kumvikana aganira na Radiyo Ijwi rya Amerika kuri uyu wa Gatatu nyuma y’aho Guverinoma y’u Burundi itangarije ko Perezida Pierre Nkurunziza yapfuye.

Buyoya mu butumwa bwe yahumurije umuryango wa Perezida Nkurunziza n’abaturage b’u Burundi muri rusange, akomeza asaba ko bakwitwararika muri ibi bihe bitari byiza igihugu kirimo kandi kugeza igihe Gen. Evariste Ndayishimiye uherutse gutorwa azarahirira gutangira imirimo ye hatabaye imvururu.

Biteganyijwe ko Perezida mushya, Gen. Evariste Ndayishimiye watowe ku itariki 20 Gicurasi 2020 azarahirira gutangira kuyobora iki gihugu tariki 20 Kanama 2020.

Ibitekerezo

  • Njye ndikubara ngasanga yarategetse imyaka 16.Kuki muvuga 13 gusa?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa