Perezida Ndayishimiye akomeje kunengwa na benshi kubera amagambo yabwiye Abarundi bashonje
Yanditswe: Saturday 30, Dec 2023
Perezida w’u Burundi,Evariste Ndayishimiye aherutse kubwira abavuga ko ibiribwa bihenze ko bakura amaboko mu mufuka bagakora kuko ngo we iwe ibigega byuzuye atamenya ko inzara ihari.
Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu,ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru ahitwa Cankuzo.
Ati "Abavuga ngo ibyokurya birahenze,mugende mubyishakire.Njyewe nari nigera mbabwira ko ibirayi byabuze?,nigeze mbabwira ko ibishyimbo bihenze kandi mbifite?,nigeze mbabwira ko ibigore bihenze kandi mbifite?.
Muri stock iwanjye,mfite toni nk’eshanu z’ibigori,mfite ibishyimbo muri stock,mfite umuceri ...Ntabwo nziko bihenze.None nabimenya gute?.None mwebwe kuki mutagira gutyo?."
Uyu yabasabye guhinga bakeza bagahunika, stocks zabo zigahora zuzuye nk’uko bimeze iwe.
Abenshi mu babonye amashusho y’uyu Perezida bibajije niba kuba afite amasambu, amafaranga yo kugura inyongeramusaruro no guhemba abahinzi, bivuze ko abaturage bose b’u Burundi babifite.
Benshi mu bakoresha urubuga rwa X bagaragaje ko u Burundi bufite umuyobozi udatekerereza abaturage kuko umuyobozi mwiza ngo atirebaho ahubwo arebera rubanda rwose.
Benshi bibajije niba Perezida Ndayishimiye afite abamutegurira ijambo kuko ngo ibyo yavuze bitangaje ku muntu nka Perezida.
Ni bareke kukwigorera ntavyo womenya ko #Abarundi bakenye canke bashonje kuko ivyo wirigwa urimbura mu matongo wanyaze Abarundi birakwiye. Kira noneho ntiwobura no kwimbura kuko wikora ku buryo bw'igihugu hamwe no ku mafaranga wirigwa uriba hirya no hino mu gihugu c'U #Burundi mu… pic.twitter.com/qgsxkIGwaA
— Epitace Nshimirimana (@NEpithace) December 29, 2023
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *