Diouf wabaye Perezida wa Marseille yahitanwe na Coronavirus
Yanditswe: Wednesday 01, Apr 2020
Umunya Senegal Pape Diouf wayoboye Olympique de Marseille hagati ya 2005 na 2009 yitabye Imana mu ijoror ryo kuri uyu wa Kabiri, azize Coronavirus yasanganwe mu minsi mike ishize.
Pape Diouf wabaye Perezida wa Olympique de Marseille yahitanwe na Coronavirus muri iri joro ryo kuwa Kabiri iwabo mu mujyi wa Dakar.Pape yari afite imyaka 68 y’amavuko.
Kuri uyu wa Kabiri kandi nibwo ikipe ya Marseille yari yatangaje k’uyu munyacyubahiro wayo yarwaye Coronavirus nyuma y’amasaha make ihita imuhitana.
Olympique de Marseille ibinyujije kuri Twitter yayo yasohoye itangazo rigira riti “N’agahinda kenshi twamenye iby’urupfu rwa Pape Diouf.Pape azahora mu mitima y’abakunzi ba Marseille nk’umuntu wayikoreye ibikorwa by’indashyikirwa.Twihanganishije umuryango we n’abakunzi be.”
Pape Diouf yakoze amateka yo kuba umwirabura wa mbere uyoboye ikipe ikomeye muri shampiyona zikomeye ku mugabane w’I Burayi.Yashakiraga amakipe abakinnyi barimo Marcel Desailly, Basile Boli, William Gallas, Samir Nasri na Didier Drogba
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *