skol
fortebet

FARDC na M23 bakomereje urugamba ku muhanda Rwindi-Kanyabayonga

Yanditswe: Wednesday 03, Apr 2024

featured-image

Sponsored Ad

Imirwano yakomeje kuri uyu wa gatatu tariki ya 3 Mata 2024 hagati y’ingabo za Kongo, zishyigikiwe na wazalendo, n’inyeshyamba za M23 zikomeje gufata uduce twinshi.

Sponsored Ad

Iyi mirwano ikomeye yakomereje ku muhanda wa Rwindi-Kanyabayonga.

Muri ako gace hari guturika ibisasu by’intwaro ziremereye n’izoroheje.

Bibaye mu gihe ku wa kabiri, Minisitiri w’intebe mushya wa Congo Judith Tuluka yagize ati: “Abanzi bacu bagomba kumenya ko amaherezo tuzatsinda.”

Amakuru aravuga ko M23 yafashe abasirikare batandatu bo muri Africa y’epfo ku rugamba ahitwa Gasengesi.

Aba basirikare boherejwe na SADC muri Operasiyo yo kurwanya M23 yitwa SAMIDRC ariko amakuru aravuga ko batamerewe neza ku rugamba.

Umutwe wa M23 bivugwa ko uri mu biganiro na SANDF kugira ngo irekure aba basirikare cyane ko ibabitse nk’imfungwa ubu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa