skol
fortebet

Cameroon: Abaturage bakomeje guhohotera abanyamahanga babashinja kubazanira Coronavirus

Yanditswe: Monday 23, Mar 2020

Sponsored Ad

Ubutegetsi bwo muri Kameruni burasaba abaturage b’icyo gihugu guhagarika Guhohotera abanyamahanga cyangwa abenegihugu baturutse hanze babashinja kuba ba nyirabayazana b’icyorezo cya Covid-19.
Ihohoterwa ku banyamahanga muri Kameruni ryatangiye mu cyumweru gishize ubwo abagenzi 198 bazaga mu ndege y’ikompanyi ya Air France bageze mu gihugu bategekwa kuguma mu kato iminsi 15 ariko nyuma baza gotoroka baritahira.
Kuva icyo gihe bamwe muri abo batangiye gushinjwa kuba bagendana Virusi ya Corona (...)

Sponsored Ad

Ubutegetsi bwo muri Kameruni burasaba abaturage b’icyo gihugu guhagarika Guhohotera abanyamahanga cyangwa abenegihugu baturutse hanze babashinja kuba ba nyirabayazana b’icyorezo cya Covid-19.

Ihohoterwa ku banyamahanga muri Kameruni ryatangiye mu cyumweru gishize ubwo abagenzi 198 bazaga mu ndege y’ikompanyi ya Air France bageze mu gihugu bategekwa kuguma mu kato iminsi 15 ariko nyuma baza gotoroka baritahira.

Kuva icyo gihe bamwe muri abo batangiye gushinjwa kuba bagendana Virusi ya Corona no kuyanduza abandi.

Mu murwa mukuru Yaounde, abanyamahanga barimo abazungu n’Abashinwa barahohoterwa umusubizo kuva mu cyumweru gishize.

Ambasade y’Amerika iri i Yaounde iravuga ko ibitutsi, amagambo mabi abantu bandikirana kuri interineti, guterana amabuye, no guhondagura imodoka z’abibasiwe byiyongereye kuva mu cyumweru gishize.

Ministiri w’ubuzima wa Kameruni Manaouda Malachie yasabye rubanda guhosha izo mvururu. Avuga ko abantu bavuye mu Bushinwa, Ubulayi n’Amerika badakwiriye kwibasirwa ahubwo ko rubanda rukwiriye kubahiriza abamwiriza yo kwirinda icyorezo cya Virusi ya Corona.

Inkuru ya IJWI RY’AMERIKA

Ibitekerezo

  • Murabeshya rwose, mudigeho

    Murabeshya rwose, mudigeho

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa