skol
fortebet

Nigeria: Generali wari uyoboye kurwanya Boko Haram yirukanwe

Yanditswe: Friday 08, Dec 2017

Sponsored Ad

Igisirikare cyo muri Nigeria cyirukanye umusirikare wari uyoboye igikorwa cyo kurwanya intagondwa zo mu mutwe wa Boko Haram mu majyaruguru y’igihugu.
Iyirukanwa ry’uyu mujenerali wari warahawe ako kazi mu kwezi kwa gatanu kuje gukurikira ibitero izo ntagondwa zimaze ibyumweru zigaba.
Ubuyobozi bw’igisirikare cya Nigeria ntabwo bwigeze butanga ibisobanuro birambuye ku cyatumye General Major Ibrahim Attahiru avanwa kuri uwo mwanya.
Ariko abakurikiranira hafi ibibera muri Nigeria baravuga ko (...)

Sponsored Ad

Igisirikare cyo muri Nigeria cyirukanye umusirikare wari uyoboye igikorwa cyo kurwanya intagondwa zo mu mutwe wa Boko Haram mu majyaruguru y’igihugu.

Iyirukanwa ry’uyu mujenerali wari warahawe ako kazi mu kwezi kwa gatanu kuje gukurikira ibitero izo ntagondwa zimaze ibyumweru zigaba.

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Nigeria ntabwo bwigeze butanga ibisobanuro birambuye ku cyatumye General Major Ibrahim Attahiru avanwa kuri uwo mwanya.

Ariko abakurikiranira hafi ibibera muri Nigeria baravuga ko ibi bishobora kuba bifite aho bihuriye n’ibitero biheruka bya Boko Haram mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu harimo n’icyahitanye abantu byibura 50 mu musigiti wo mujyi wa Mubi mu ntara ya Adamawa.

Umuvugizi w’igisirikare cya Nigeria yabwiye BBC ducyesha iyi nkuru ko General Attahiru yahawe akandi kazi ku biro bikuru by’igisirikare mu mujyi wa Abuja.

Yasimbuwe na General Nicholas Rogers uherutse kuyobora igikorwa gihuriweho n’igipolisi n’igisirikare mu karere gakunze kuvugwamo ibikorwa byo gukozanyaho bishingiye ku moko hagati mu gihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa