Musenyeri Kambanda wayoboye umuhango wo gusezeranya Ange Kagame na Bertrand yabahaye impano
Yanditswe: Thursday 11, Jul 2019
Ubwo hari tariki ya 06 /Nyakanga /2019 ku Kimihurura muri IFAK saa yine za mu gitondo habereye umuhango wo gushyingirwa imberey’Imana hagati ya Ange Ingabire KAGAME na NDENGIYINGOMA Bertrand bijyanye n’ukwemera Gatolika, uwo muhango wayobowe na Musenyeri KAMBANDA Antoine.
Icyo gitambo cya Misa cyabereye muri IFAK Kimihurura kiyoborwa na Musenyeri wa Arkidiyosezi ya Kigali KAMBANDA Antoine n’igitambo cya Misa kitabiriwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu n’inshuti z’umuryango bya Ange KAGAME.
Musenyeri KAMBANDA Antoine wayoboye uwo muhango wo gusezerana akaba yarahaye impanuro zitandukanye abo bageni aza no kubaha impano ya Bibiliya nk’inkingi bazubakiraho mu buzima bwabo.
Nkuko byagaragaye kuri Twitter ya Mme Ange KAGAME yavuze ko yabonye uwo umutima we ukunda yagize ati ‘’ Nabonye uwo umutima wanjye ukunda ‘’ uyu ni umurongo ugaragara muri Bibiliya mu indirimbo za Salomo
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *