skol
fortebet

Nyagatare:Ikibazo cy’amarozi cyafashe indi ntera

Yanditswe: Tuesday 21, Jan 2020

Sponsored Ad

skol

Akarere ka Nyagatare bamwe mu baturage bo mu murenge wa Katabagemu barasaba leta gukurikirana ikibazo cy’amarozi ari mu baturage ngo kuko kimaze gufata indi ntera.

Sponsored Ad

Inkuru dukesha Flash Fm/Tv,umuturage utashatse ko amazina ye avugwa mu itangazamakuru utuye mu murenge wa Katabagemu ho mu karere ka Nyagatare,umunyamakuru yahasanze umurwayi urwariye ku muvuzi gakondo ariho arwariye.

Uyu mugore avuga ko yari amaze iminsi aribwa mu nda yarafashe imiti yo kwa muganga bikanga.

Mu ijoro ryo ku cyumweru gishize, nibwo yafashwe aribwa mu nda bikomeye ahita ajya kwirivuza ku muvuzi gakondo.

Aragira ati “ Nafashwe ndibwa mu nda ngiye kwa muganga bampa ibinini aho kugira ngo noroherwe ahubwo harakomererwa cyane bituma ntekereza ko byaba ari ibindi bitandukanye n’uburwayi bwo kwa muganga.”

Hari n’abandi baturage bavuga ko bari bafite uburwayi bukomeye, bajya kwa muganga bikanga bagahitamo kwiyambaza ubuvuzi gakondo bagakira.

Umwe muri bo aragira ati “Ikibazo cy’amarozi inaha ni nk’aho aribyo biryo byacu. Njyewe ndiheraho ntwite igihe kimwe numvaga inda igiye kuvamo mpfuye birangiye ngahera mu gitondo ntariye ubundi nkirirwa mbyimbye, nkumva aho amaboko ahurura n’amaguru bimfatirana n’umutwe ariko naje ku muvuzi gakondo ampa umuti numva ndakize.”

Undi witrwa Mukaruhirwa Vestine aragira ati “Njyewe natwaye inda igeze mu mezi abiri n’igice, numva ndi kuribwa bidasanzwe, imbaraga ziba nke ariko naraje negera uyu mubyeyi aramvura ndakira.”

Ikibazo cy’amarozi muri uyu murenge kirasa nk’ikimaze gufata indi ntera dore ko harimo abo baba bakeka, bahaye akazina ka “Tumuhombe”. Iri zina ngo ryaturutse ku barozi baroga bakanabyigamba.

Icyaha ku marozi mu mategeko ahana y’u Rwanda mu ngingo yayo ya 141 gihanishwa igifungo cya burundu nk’uko bigaragazwa mu ngingo ya 142, 143 na 144.

Ibitekerezo

  • ubwo c abaturage ko bataka harigukorwa iki?
    uburozi bumaze gufata indi ntera kbsa hitwajwe ko ngo badahanwa;benshi barahagwa

    Gakorage munsi yishuri mu murenge wa nyagatare naho Hari umugore umaze abaturanyi we aranabyigamba muhaguruke mubakumire hakiri kare

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa