skol
fortebet

Nyagatare:Yatewe inda na musaza we azinukwa abagabo bose kugera kuri se umubyara

Yanditswe: Saturday 23, Nov 2019

Sponsored Ad

skol

Gatesi Jeanne (izina ryahinduwe) avuga ko guterwa inda na musaza we byamuhugije igitsina gabo kugera kuri se umubyara.

Sponsored Ad

Gatesi Jeanne akomoka mu murenge wa Karama mu karere ka Nyagatare. Avuga ko mu mwaka wa 2017 yatewe inda na musaza we bavukana kuri se na nyina, bimuhuza igitsina gabo kugera kuri se.

Ati “Guterwa inda na musaza wanjye byangizeho ikibazo gikomeye cyane ku buryo nabonaga na papa nkarira. Hari igihe papa yari agiye guhunga urugo kubera jye, sinifuzga kubyara umuhungu, numvaga binabaye namwiyicira ariko nyuma nariyakiriye ku buryo ni we nabyaye kandi murera mukunze”.

Gatesi Jeanne agira inama urubyiruko kwirinda umuntu uwo ari we wese kuko ntawe utabahemukira.

Agira ati “Musaza wanjye twarakundanaga cyane sinatekerezaga ko yampemukira, ndagira inama abakobwa kureba kure bakamenya aho bajya, inshuti afite imuganiriza iki, yerekeza kuki, kuko buri wese yagushuka”.

Gatesi avuga ko ibyamubayeho ahanini byatewe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kuko musaza we yamufashe ku ngufu yasinze kandi ahengereye ababyeyi babo badahari.

Guverineri w’intara y’Iburasurazuba, Mufulukye Fred, asaba ababyeyi kurushaho kwegera abana babo bakabaganiriza bakababwira ibibabangamiye.

Ati “Ababyeyi bakwiye kumenya abana babo, bakaganira na bo, bakaba inshuti, abana bagahambuka bakababwira inshuti zabo, umubyeyi akamenya neza ibyo baganira n’inshuti zabo kuko rimwe na rimwe ni zo zibashora mu bikorwa bibi”.

Guverineri Mufulukye kandi avuga ko abantu bahabwa akazi mu ntara y’Iburasirazuba bose bazajya basinyana n’ubuyobozi kwiyemeza kutagira uruhare mu gusambanya abana.

Uturere twa Nyagatare na Gatsibo ni two tuza ku isonga mu mibare y’abana batewe inda mu myaka ishize.

Ni natwo turere dukunze kugaragaramo inzoga z’ibiyobyabwenge cyane kanyanga ituruka mu gihugu cya Uganda.

SRC:KigaliToday

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa