skol
fortebet

Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu 20 bikize kurusha ibindi ku Isi ikaba yatangiwemo akayabo ko kurwanya COVID-19

Yanditswe: Friday 27, Mar 2020

Sponsored Ad

skol

Kuri uyu wa 26 Werurwe, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’Akanama k’abakuru b’ibihugu kiga ku cyerekezo cy’urwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe rushinzwe iterambere (AUDA-NEPAD), yifatanyije n’abakuru b’ibihugu 20 bikize kurusha ibindi ku Isi (G20) mu nama idasanzwe yigaga ku cyorezo cya Coronavirus.

Sponsored Ad

Ni inama Perezida Kagame yitabiriye ari muri Village Urugwiro, abayitabiriye bakaba bayikoze hifashishijwe uburyo bw’iyakure hifashishijwe ikoranabuhanga (Video Conference).

Muri iyo nama, Abayobozi ba G20 bemeranyije gufata ingamba zose zikenewe zo kurinda abatuye Isi icyorezo cya Virusi ya Corona.

Abo bayobozi bemeranyije gushyigikira OMS mu rugamba irimo rwo kurwanya COVID-19, batanga ibikoresho by’ubuvuzi, ibikoresho byo gusuzuma, imiti ndetse n’inkingo.

Abayobozi kandi biyemeje gukoresha inzira za Politiki zishoboka, mu rwego rwo kugabanya ingaruka Coronavirus ishobora kuzagira ku bukungu n’imibereho y’abatuye Isi ndetse no kugarura iterambere ry’isi, bazanzamura isoko rusange ndetse no gusubiza Isi ku murongo.

Ikindi ni uko ibihugu bigize G20 byiyemeje gushora Tiliyoni eshanu z’amadorali ya Amerika mu bukungu bw’isi, mu rwego rwo kwirinda ingaruka COVID-19 ishobora kugira ku bukungu n’imibereho y’abatuye Isi.

Uretse Perezida Kagame witabiriye iyi nama yateguwe n’Umwami wa Arabie Saoudite, Salman bin Abdulaziz Al Saud, undi muperezida wa Afurika wayitabiriye ni Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo uyoboye Afurika Yunze Ubumwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa