skol
fortebet

Perezida wa Repubulika yakoze impinduka zitandukanye muri Guverinoma

Yanditswe: Monday 04, Nov 2019

Sponsored Ad

Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116 uyu munsi kuwa 4 Ugushyingo 2019, Nyakubahwa perezida wa Repubulika,Paul Kagame yashyizeho abayobobozi mu buryo bukurikira:

Sponsored Ad

Aba Minisitiri:

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane -Dr Vincent Biruta
Minisitiri w’bidukikije -Dr Jeanne Dárc Mujawamariya
Minisitiri w’umutekano mu Gihugu - Gen Patrick Nyamvumba
Minisitiri wa Siporo -Aurore Mimosa Munyangaju
Minisitiri w’urubyiruko n’Umuco -Rose Mary Mbabazi

Abanyamabanga bahoraho

Umunyabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango -Assumpta Ingabire

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo
- Didier Shema Maboko

Abanyamabanga ba Leta:

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco
- Edourd Bamporiki

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage

- Ignatienne Nyirarukundo

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Imibereho myiza y’Abaturage

- Samuel Dusengiyumva

Abandi bayobozi

Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru y’amashuri makuru na kaminuza

- Dr. Rose Mukankomeje

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye

- Tito Rutaremara

Umwe mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye

- Marc Kabandana



Gen. Patrick Nyamvumba yagizwe minisitiri w’umutekano mu gihugu mu gihe Madamu Aurore Mimosa Munyangaju yagizwe Minisitiri wa Siporo

Ibitekerezo

  • Birashimishije cyane kandi n’ibyagaciro kureba Kure ukavugurura ibintu bitaragera iwandabaga. HE tukurinyuma, Imana igukomeze ikuyobore. Nshimishijwe n’ivugururwa cyane cyane muri Minisiteri y’umuco na siporo. Bamporiki Courage usanzwe urumunyakuri igaragaze urebe Nina haribyo wahindura muri FERWAFA. Biratangaje kubona FERWAFA itumiza umuntu akayitaba yahagera akabura umwakira.(Muzabaze KNC )Birambabaza iyo FERWAFA ishyira iterabwoba kumuntu wavuze KO Imisifurire itagenze neza. Kuki Amavubi yacu adatera imbere? Mugenzure neza aho bipfira. Ububanyi n’amahanga nabyo nibyiza byari bikwiye guhinduka. Diplomatie yacu ikwiye imbaraga nyinshi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa