skol
fortebet

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari cyemeye gufasha u Rwanda gusana ibyangijwe n’ibiza

Yanditswe: Wednesday 19, Jul 2023

featured-image

Sponsored Ad

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yakiriye mu biro bye intumwa z’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bwari busanzweho, banaganira uko iki kigega kizunganira u Rwanda mu gusana ibyangijwe n’ibiza.

Sponsored Ad

Mu biganiro bagiranye, barebeye hamwe uko ubukungu bw’Igihugu bwifashe ndetse n’aho bwakomwe mu nkokora, biturutse cyane cyane ku ngaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Ibi biganiro byabaye ku mugoroba tariki 18 Nyakanga 2023, byanitabiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimama na Ruben Atoyan, Umuyobozi ushinzwe ibihugu birimo n’u Rwanda muri IMF na Gabor Pula, uhagarariye IMF mu Rwanda.

Minisitiri Ndagijimana yatangaje ko ibiganiro bagiranye n’izi ntumwa za IMF, byibanze cyane ku gukomeza kunoza imikoranire myiza iki kigega gisanzwe gifitanye n’u Rwanda, ndetse ko mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka cyiteguye kunganira u Rwanda ku ngengo y’imari izakoreshwa, cyane mu bikorwa byo gusana ibyangijwe n’ibiza byibasiye zimwe mu ntara z’u Rwanda.

Ruben Atoyan uhagarariye IMF, yashimiye u Rwanda uburyo rukoresha neza inkunga ruhabwa n’iki kigega, maze anashimangira ko cyiteguye kurufasha mu guhangana n’ingaruka rwasigiwe n’ibiza.

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari hari ibikorwa gisanzwe gifatanya n’u Rwanda, by’umwihariko ibirebana n’ubukungu bw’Igihugu. Mu ntangiriro z’uyu mwaka kandi u Rwanda rwakiriye Umuyobozi Mukuru w’ikigega wa IMF, Madamu Kristalina Georgieva, washimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kwikura mu bukene.

Mu kwezi kwa 12 umwaka wa 2022, IMF yemereye u Rwanda Miliyoni 319 z’Amadorari y’Amerika, hagamijwe kurufashaho kubaka ubudahangarwa mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere. IMF yijeje u Rwanda kuzakomeza gushyigikira imishinga rufite irebana no kurengera ibidukikije, binyuze muri gahunda yiswe Resilience and Sustainability Trust.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa