skol
fortebet

Huye: Meya Sebutege yiyemeje gukemura ikibazo cy’abageni gitifu yangiye gusezerana abita abicanyi

Yanditswe: Thursday 06, Aug 2020

featured-image

Sponsored Ad

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yinjiye mu kibazo cya Nzindukiyimana Jérémie n’umukunzi we bashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi kwanga kubasezeranya ndetse akabita abicanyi.

Sponsored Ad

Nzindukiyimana Jérémie wo mu Kagari ka Rugango, yagombaga gusezerana tariki ya 30 Nyakanga 2020, ageze ku Biro by’Umurenge wa Mbazi aza gutungurwa n’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo murenge, Uwimabera Clémence, yanze kubasezeranya abashinja ko ari abicanyi.

Nzindukiyimana avuga ko we n’umukunzi we bazindutse kare bagera ku Murenge wa Mbazi bicara mu cyumba bagombaga gusezeraniramo ariko batungurwa n’amagambo Uwimabera Clémence, yaje ababwira.

Ati “Yinjiranye urupapuro ruriho umwirondoro wanjye n’uwa mushiki wanjye; aratubwira ngo ubwo rero namwe mwaje gusezerana? Mukaza gusezerana muvuye kwica umuntu? Njyewe ntabwo nabasezeranya! Murabona mwakora ku idarapo ry’igihugu, muvuye iwanyu muvuye kwicana? Musohoke mwa bicanyi mwe!”

Intandaro y’ibyo ngo ni uko umusaza witwa Nyabyenda Yohani yari yazindukiye ku Murenge wa Mbazi agiye kurega ko yakubiswe biturutse ku mvururu zavutse hagati ya mushiki wa Nzindukiyimana n’umugabo we.

Uwo mugabo wa mushiki we ngo ni we wakubise Yohani bimuviramo uburwayi.

Nzindukiyimana avuga ko ubwo izo mvururu zabaga yahageze atabaye kimwe n’abandi ariko atigeze arwana.

Uwimabera Clémence amaze kubasohora mu murenge no kubabwira ko atabasezeranya ngo yabijeje ko agiye gukora iperereza bityo nasanga ari abere aza kubasezeranya nyuma ya saa Sita. Gusa ngo ntiyabikoze.

Nzindukiyimana Jérémie avuga ko atari ubwa mbere arenganyijwe kuko Gitifu w’umurenge yigeze kumuraza muri kasho, azira ko Umukuru w’umudugudu n’uw’umutekano bamutanzeho raporo ko yakubise umuntu akanamukomeretsa, ariko hashakishijwe uwo bivugwa ko yakubise akanakomeretsa, arabura.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Kanama 2020 yagiye gukurikirana icyo kibazo, bagirana inama n’abaturage aho urugomo rwabereye, atanga umurongo w’ibigomba gukorwa.

Avuga ko bafashe umwanzuro wo gukurikirana abo bigaragara ko bateje ikibazo cy’umutekano muke no gukubita no gukomeretsa kuko byagaragaye ko habanje gukurikiranwa ikibazo cy’umutekano.

Ati “Uriya musore azahabwa serivisi, akaba azamenyesha umunsi yahisemo tukayimuha.”

Sebutege yasabye abaturage kubana mu mahoro no mu bworoherane, birinda urugomo, ugize ikibazo akakigeza ku buyobozi bukamufasha kugikemura.

Amakuru aravuga ko Nzindukiyimana wangiwe gusezerana yitiranyijwe n’uwakubise umuturanyi we, yifuza ko Gitifu Uwimabera agomba kubanza kumusubiza agaciro yamwambuye akanamwishyura ibihumbi 800 y’amafaranga y’u Rwanda yari yatakaje yitegura ubukwe, hanyuma akabona kumusezeranya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa