skol
fortebet

Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda yafatanwe abakobwa 2 mu cyumba barimo n’utaruzuza imyaka y’ubukure

Yanditswe: Tuesday 31, Mar 2020

Sponsored Ad

Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda,Izabayo William, Ishami rya Huye, ari mu maboko y’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha aho akurikiranweho icyaha cyo gusambanya abakobwa babiri barimo utarageza ku myaka y’ubukure.

Sponsored Ad

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 30 Werurwe ni bwo Izabayo w’imyaka 29 y’amavuko wiga mu Ishami ry’ubuvuzi no gucunga imiti muri Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano ku bufatanye n’iz’ibanze zo mu kagari ka Cyarwa ho mu Murenge wa Tumba, nyuma yo kumenya amakuru y’uko yari kumwe na bariya bana b’abakobwa aho yari acumbitse.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba, Kiganiro Vital, yahamirije Bwiza.com dukesha aya makuru ati" Twamenye ko uwo musore ashobora kuba arimo asambanya abana babiri, umwe afite imyaka 20 undi afite 17.

Ku bufatanye n’inzego z’ibanze na Polisi twabasanganye mu cyumba, inzego zibishinzwe zahise zitangira iperereza twe dutegereje ibizava mu iperereza."

Umuvugizi wa RIB,Marie Michelle Umuhoza ntiyitabye terefoni ye igendanwa kugira ngo agire icyo avuga kuri iki kirego.

Amakuru agera kuri iki kinyamakuru nuko bariya bakobwa bombi ari abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye, bakaba baratashye nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuzima ifashe icyemezo cyo gucyura abanyeshuri kubera COVID-19.

Ibitekerezo

  • Muduha amakuru meza
    Turabakunda

    Iryo shami mwavuze yiga ntariba muri kaminuza yu Rwanda

    Na
    Nakuriranywe bashake amakuru afatika nafatwa nikosa hakurikizwe itegeko gsa barakuze abanyeshuli biga kaminuza ntabarabana bazi ibyo bakora sabana pe

    Ariko uziko abasore cg abagabo muri rusange muri iki gihe bafite Umutego ukomeye bategerwa muri abo bari n’abategarugori b’u Rwanda.
    ariko ndibaza abo bakobwa bo byababayeho ubwo nta ruhare baba babifitemo?uwo musore ntiyabasanze aho baba ngo tuvuge ko yabateye iwabo,ntiyanabafatiye mu nzira,nibo bamusanze aho aba,bari bagiye kugirayo bate?ese ubwo bimenyekanye ko aribo bamugushije mu mutego wo kugirango basambane bo bahanishwa iki?
    Ese bimenyekanye ko abo bakobwa basanzwe ari indaya,uwo musore ntiyaba arengana?
    Ikindi jye numva bakabafunze bose kuko niba bikekwa ko basambabaga ntabwo uwo musore yafashe ku ngufu,cyeretse niba hari ibindi bimenyetso bigaragaza ko yabashutse,bakajya kumusura agamije kuryamana nabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa