skol
fortebet

Minisitiri Gashumba yanenze abiyita abaganga birirwa mu itangazamakuru bamamaza

Yanditswe: Thursday 27, Sep 2018

Sponsored Ad

Minisitiri w’ Ubuzima Dr Diane Gashumba yagaye ubunyamwuga bw’ abiyita abaganga birirwa mu itangazamakuru bamamaza ibyo bakora ababaza niba bari babona ibitaro bya CHUK byiyamamaza.

Sponsored Ad

Hari amavuriro amaze iminsi mu itangazamakuru avuga ko avura indwara zose zirimo inyatsi, abakobwa babuze abagabo, ubukene, … Dr Gashumba avuga ko mu mwuga w’ ubuvuzi bibujijwe kwamamaza.

Yagize ati “Mwari mwabona ibitaro bya CHUK bijya mu itangazamakuru kwiyamamaza? Iyo uteze amatwi ari ibyo biganiro, ari izo publicite wumva ko atari umuganga. Umuntu uza kuri radiyo , kuri televiziyo izwi y’ igihugu akavuga ko avura inyatsi, avura ubukene, avura abadafite abagabo ibyo ni ibiki koko?”

Ibi Minisitiri Gashumba yabitangarije mu kiganiro umuryango w’ abanyamakuru baharanira amahoro wagiranye n’ urwego rw’ ubuzima kuri uyu wa 27 Nzeli 2018. Iki kiganiro kibanze ku mitangire ya serivise mu rwego rw’ ubuzima.

Minisitiri Gashumba yasabye ibigo by’ itangazamakuru kujya baka diplome abavuga ko ari abaganga kuko hari abiyita abaganga kandi batarabyize.

Yagize ati “Naza gukora publicite uzamenye ko…sinzi uko namwita ni umu- charlattant mu gifaransa...Publicite ntimuyikore hanyuma ikiganiro muge mu mubaza diplome afite yo kuba yarize ibintu byo kuboneza urubyaro, byo gushakira abagore abagabo, muge mu mubaza iyo mpamyabumenyi aho yayikuye”

Muri iki kiganiro Minisiteri y’ ubuzima n’ ikigo cy’ igihugu cy’ ubwiteganyirize RSSB gifite mu nshigano mituelle de santé bavuze ko gushyiraho amavuriro akorana n’ ubu bwishingizi bitari buva.

Minisiteri y’ ubuzima yavuze ko ubushakashatsi bwerekanye ko kugira ngo Umunyarwanda watanze mituelle age avurwa nta ngorane byamusaba gutanga ibihumbi 7 ku mwaka.

RSSB yavuze ko hari ubwo bigera mu kwezi kwa 12 amafaranga abaturage batanze ya mituelle yarashize kandi hasigaye amezi 6 ngo umwaka wa mitiweru ugere. Ibi ngo nibyo bituma hari ubwo ibigo nderabuzima bibura imiti mu mafarumasi.

Minisitiri Gashumba yabitangarije mu kiganiro umuryango w’ abanyamakuru baharanira amahoro wagiranye n’ urwego rw’ ubuzima

Ibitekerezo

  • shangazi jane ninje ubwirwa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa