RDC: Abarimu bigaragambije banga kwigisha batarishyurwa imishahara leta ibarimo
Yanditswe: Monday 08, Apr 2024
Abarimu, abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’abarimu bo muri Kongo (SYECO), agace ka Kabambare (Maniema) batangije imyigaragambyo kuri uyu wa mbere,tariki ya 8 Mata,mu gihe abanyeshuri basubiye ku ishuri.
Barasaba mbere y’ibindi byose umushahara wabo wo muri Gashyantare na Werurwe, kwishyura igice cy’imishahara ku barimu bigisha mu mashuri abanza, hamwe n’imikorere mibi mu kwishyura imishahara ya CARITAS.
Umuyobozi wa sendika ya SYECO, Raphael Sefu,yavuze ko ibyo basaba bizakomeza ubuziraherezo.
Yasabye rero uruhare rw’inzego zibishinzwe kugira ngo igisubizo cyihuse kiboneke.
Aba barimu bigaragambyaga banze gukomeza guhembwa na IFOD (Ikigo cy’imari gishinzwe iterambere), CARITAS kandi basaba Guverinoma gukora inshingano zayo zose no kubahitiramo banki nziza bahemberwamo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *