skol
fortebet

Chiellini yavuze amagambo mabi ku bakinnyi ba Tottenham

Yanditswe: Thursday 08, Mar 2018

Sponsored Ad

Umukinnyi Giorgio Chiellini ukinira ikipe ya Juventus yatutse abakinnyi b’ikipe ya Tottenham Hotspurs baraye basezereye mu mikino ya 1/16 cya UEFA Champions bayitsinze 2-1,aho yavuze ko boroshye mu mitwe yabo ndetse ubwugarizi bwabo idakanganye.
Uyu myugariro waraye wigaragaje muri uyu mukino, yabwiye abanyamakuru ko Tottenham Hotspurs iri ku rwego rwo hasi ndetse nta bushobozi ifite bwo gusezerera ikipe ikomeye nka Juventus.
Yagize ati “Twari tubizi ko ikipe ya Tottenham yoroshye mu (...)

Sponsored Ad

Umukinnyi Giorgio Chiellini ukinira ikipe ya Juventus yatutse abakinnyi b’ikipe ya Tottenham Hotspurs baraye basezereye mu mikino ya 1/16 cya UEFA Champions bayitsinze 2-1,aho yavuze ko boroshye mu mitwe yabo ndetse ubwugarizi bwabo idakanganye.

Uyu myugariro waraye wigaragaje muri uyu mukino, yabwiye abanyamakuru ko Tottenham Hotspurs iri ku rwego rwo hasi ndetse nta bushobozi ifite bwo gusezerera ikipe ikomeye nka Juventus.

Yagize ati “Twari tubizi ko ikipe ya Tottenham yoroshye mu bwugarizi bwayo ndetse mu mutwe habo baroroshye cyane.Barabura ikintu gikomeye kugira ngo bazagere kure muri iri rushanwa.Amateka ndetse n’ubunararibonye n’ingenzi muri UEFA Champions League.”

Juventus yaraye itsindiye Tottenham Hotspurs ku kibuga cyayo ibitego 2-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/16 cya UEFA Champions League mu gihe umukino ubanza wabereye mu Butaliyani warangiye ari ibitego 2-2.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa