Rwatubyaye nawe yiyongereye ku rutonde rw’abakinnyi bagiye kuva muri Rayon Sports
Yanditswe: Thursday 17, Jan 2019
Myugariro Rwatubyaye Abdul yamaze kubona ikipe muri Macedonia yitwa FC Shkupi ndetse biravugwa ko ku mugoroba wo kuri uyu Kane Taliki ya 17 Mutarama 2019,yerekeza muri iki gihugu gukora ikizamini.
Rwatubyaye uri muri ba myugariro bakundwa na benshi mu Rwanda,yamaze kuganira na FC Shkupi ndetse yiteguye gukomereza umwuga we wo gukina umupira w’amaguru muri Macedonia.
Rwatubyaye naramuka avuye mu ikipe ya Rayon Sports araba yiyongereye kuri Manishimwe Djabel,Mutsinzi Ange na Bimenyimana Bonfils Caleb n’abandi bagiye kuyivamo.
Rwatubyaye amaze imyaka isaga 2 muri Rayon Sports yagezemo avuye muri APR FC bigatuma benshi bacika ururondogoro.
Uyu myugariro wakunze kurangwa n’imvune z’igihe kinini,muri iyi minsi ahagaze neza ndetse byavugwaga ko yifuzwaga n’andi makipe arimo Yanga Africans yifuzaga kumusinyisha muri Kamena na AS Vita Club.
Rwatubyaye agiye kwerekeza muri Macedonia
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *