Unai Emery yatangaje abakinnyi 2 azubakiraho umukino wa Arsenal batarimo Ozil
Yanditswe: Tuesday 22, May 2018
Unai Emery waraye amenyekanye ko ariwe ugiye gusimbura Arsene Wenger muri Arsenal,yatangaje ko abakinnyi barimo Pierre Emerick Aubameyang na Aaron Ramsey aribo azubakiraho namara guhabwa akazi.
Mbere y’uko atangazwa nk’umutoza wa Arsenal,Unai Emery wahoze atoza PSG yatangaje ko kuri we abona abakinnyi babiri Aaron Ramsey na Aubameyang aribo azubakiraho ikipe ye kugira ngo yongere yigaragaze I Burayi.
Aya magambo ya Emery yateje urunturuntu mu ikipe ya Arsenal kuko Mesut Ozil uherutse kongera amasezerano azageza mu mwaka wa 2021 ndetse agahabwa umushahara w’ibihumbi 350 by’amapawundi ariwe wasaga naho ari kizigenza ndetse yarashyizwe ku ibere na Arsene Wenger.
Ozil ntabwo azubakirwaho ikipe Emery nagera muri Arsenal
Nyuma yo kumva aya makuru,abakurikiranira hafi iby’Arsenal bavuze ko uyu mutoza ushobora gutangazwa ku munsi w’ejo ashobora guteza urunturuntu mu ikipe ndetse bikaba intandaro y’umusaruro mubi mu mwaka w’imikino utaha.
Aubameyang yagaragaje ko ari umukinnyi ukomeye kuko kuva yagera muri Arsenal mu kwezi kwa mbere k’uyu mwaka,yatsinze ibitego 10 mu mikino 13 yakinnye muri Premier League mu gihe Aaron Ramsey asigaje umwaka umwe ku masezerano ye ndetse Emery asabwa gukora ibishoboka byose kugira ngo ayongere.
Emery yiteze umusaruro kuri Aubameyang
Umwe mu bantu ba hafi ba Unai Emery yabwiyThe Sun ko uyu mutoza azi byinshi kuri Arsenal ndetse yayikurikiranye kuva kera ndetse azi aho agomba gushyira ingufu.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *