Bebe Cool yatangaje igihano gitangaje azaha abagabo baziha gutereta umugore we Zuena
Yanditswe: Tuesday 29, Oct 2019
Umuhanzi ukomeye muri Uganda Bebe Cool yavuze ko atazihanganira abagabo baziha gutereta umugore we Zuena kuko ngo azabakubita kugeza bataye ubwenge.
Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye ndetse akubaka izina muri Afurika,yavuze ko abagabo bazashaka kwiyegereza umugore we Zuena Kirema bamaze kubyarana abana 5 azamukubita ibiboko kakahava.
Abinyujije kuri Facebook,Bebe Cool yabwiye abagabo bifuza gutereta umugore we ko azabakubita bikaze nk’uri kubahohotera,arangije ashyiraho ifoto ya Zuena.
Ibi Bebe Cool yabitangaje ku cyumweru,nyuma y’aho kuwa Gatanu w’icyumweru gishize umugabo w’umucuruzi ukomeye yafashe umugore we ari kumuca inyuma aramufata aramuboha,aramuhohotera ku buryo bubabaje,arangije amafotora amafoto ayashyira kuri Facebook.
Bebe Cool yavuze ko umugabo uzatereta umugore we azamuhohotera bikaze
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *