skol
fortebet

Junior Giti yakije umuriro kuri PK wamwibasiye,RIB niyo izabakiza

Yanditswe: Sunday 28, Feb 2021

Sponsored Ad

skol

Junior Giti umenyerewe mu gasobanuye yagaragaje ko yarakariye cyane umusobanuzi PK uherutse kumwibasira mu itangazamakuru avuga ko adashoboye gusobanura filime.

Sponsored Ad

Iyi ntambara y’amagambo ku basobanura filime mu Rwanda imaze igihe kirekire aho usanga umwe ajya mu itangazamakuru akavuga undi nabi cyangwa akavuga ko adashoboye.

Gusa mu minsi yashize twabagejejeho inkuru yavugaga uburyo PK yahamyaga ko abasobanuzi bagenzi be badashaka ko bakorana na we ,ndetse avuga ko bakennye.

Nanone yaje kumvikana avuga ko uyu Junior na mukuru we Yanga ngo batari abasobanuzi ahubwo ari abanyarwenya.Ibi byahise birakaza Junior ndetse aganira n’umunyamakuru M Irene muri the Choice live yavuze ko arambiwe cyane ubujajwa bwa PK .

Ati:”none se ibyo nkora by’agasobanuye ni ibya Se na Nyina bamuraze ngo mbikora nabi?uko mbikora kose ,ese niba mbikora nabi ni isambu ya se nagiye kwangizamo?”

Uyu musobanuzi yakomeje avuga ko uyu PK yamwibasiye cyane ,ndetse ko arambiwe ,amagambo ye ,ndetse amwita umugabo w’injajwa.Ati:”ubwo ni ubujajwa,gusa ndamutse mufashe twakizwa na RIB, na Ambulance. “

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa