skol
fortebet

P Fla yibukije Ama G The Black ko atamurusha kubaho neza ndetse yanga n’amafaranga yari yamuhaye mu rwego rwo kumufasha

Yanditswe: Friday 05, Jul 2019

Sponsored Ad

skol

P Fla yabwiye Am G The Black ko adakeneye ubufasha bwe bw’amafaranga yongeraho ko atamurusha amafaranga cyangwa kubaho neza.

Sponsored Ad

Umuraperi P Fla kuri ubu wongeye kwinjira muri Hip Hop nyuma y’igihe kirekire afunze kubera gukoresha ibiyobyabwenge kuri ubu umubano we n’umuraperi Am G The Black ntiwifashe neza kuko buri umwe aba ashaka gukurura yishyira avuga ko arenze undi.

Mu minsi yashize ubwo Ama G yasurwaga n’abanyamakuru ba Afrimax Tv yababwiye ko umuraperi P Fla yihakanye injyana ya Hip Hop nkuko Yuda yihakanye Yesu ndetse nyuma aza gushyikiriza uyu munyamakuru sheke iriho amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400 byo kuzaha P Fla kugirango akore indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho kuko ngo mu busanzwe uyu musore ntagira n’amashusho y’indirimbo.

P Fla yashyikirijwe iyi sheke n’umunyamakuru wa Afrimax nyuma yo kumva ibyo yabwiwe na Am G aboneraho kubwira uwo munyamakuru ko yamusubiza amafaranga ye ngo kuko ntacyo yamumarira ,ndetse yongeraho ko yamubabaje cyane.

Kuri uyu wa Kane P Fla yongeye kugirana ikiganiro na X Large TV maze ababwirako Am G ari umwana yongeraho ko ntakintu yamufasha ntakimwe ngo kuko atamurusha amafaranga cyangwa kubaho neza.

Yagize ati “ Nta sheke ye nkeneye [..] ntabufasha bwe nkeneye ,ntanubwo nigeze musaba ,Ahubwo niba ashaka ko nanjye namuha ubufasha Man kuko ntago andusha Cash cyangwa kubaho fresh baramubeshye.”

P Fla yaboneyeho kubwira Am G The Black ko adashaka gukomeza guterana nawe amagambo kuko afite byinshi byo gukora kandi nawe abifite.

Ibitekerezo

  • Ubwo mwese muri ABAKIRE.Ariko tujye twibuka ko UBUKIRE butatubuza kurwara,gusaza no gupfa.Niyo mpamvu niba dushaka Ubuzima bw’iteka muli Paradis,Yesu yadusabye "gushaka mbere na mbere ubwami bw’imana" nkuko Matayo 6,umurongo wa 33 havuga,aho kwibera mu byisi gusa.Abantu bumvira iyo nama Yesu yasize aduhaye,azabazura ku Munsi w’Imperuka,abahe ubuzima bw’iteka nkuko yabyivugiye muli Yohana 6,umurongo wa 40.Ntimukishinge bariya bavuga ngo iyo dupfuye tuba twitabye imana.Ntabwo bihuye n’ibyo Bible yigisha.Ikizere cyonyine cy’umuntu upfuye cyo kuzongera kubaho,nta kindi uretse umuzuko wo ku munsi w’imperuka ubikiwe abapfuye bumvira imana kandi batibera mu byisi gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa