skol
fortebet

Tanasha Na Mushiki wa Diamond ntibavuga rumwe ku mwana yabyaye

Yanditswe: Saturday 14, Sep 2019

Sponsored Ad

skol

Mushiki w’umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Paltnumz yatangaje ko umukunzi wa musaza we Tanasha Donna, yamaze kwibaruka umwana w’imfura yabyaranye na musaza we, akaba ari n’umwana wa kane ku ruhande rwa Diamond Platnumz.

Sponsored Ad

Uyu mukobwa yatangaje aya makuru, anagaragaza ko yari amaze igihe ategerezanyije amatsiko menshi uyu mwana, aho yavuze ko wagira ngo yaramuroze bitewe n’uburyo yumvaga akumbuye kumubona.

Aganira n’ikinyamakuru Global Publishers, mushiki wa Diamond Platnumz, Esma Khan,yagize ati”ntushobora kubyizera, uyu mwana wa Tanasha wagira ngo yampaye abazimu, byiza yaje reka ntuze, nshatse kuvuga ko ibyishimo bya muramukazi w’umuntu ni umwana, ubu umutima wanjye urishimye nabonye umwana wanjye.”

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Esma yatangaje ko Tanasha Donna Oketch yibarutse imfura ye kuwa Gatatu w’iki Cyumweya.

Ni nyuma y’uko Diamond Platnumz na Tanasha Donna bamaze igihe bitegura kubyara imfura yabo y’umuhungu, amakuru avuga ko bamaze kubyara uyu mwana ariko Diamond n’umukunzi we bakomeje kubigira ibanga.

Ku munsi w’ejo ni bwo Diamond Platnumz yashyize ifoto y’umwana kuri Instagram ameze nkushaka kwerekana ko yabyaye, ariko Tanasha yahise abinyomoza avuga ko uwo atari uwe, gusa ntiyavuze ko atabyaye cyangwa yabyaye.

Tanasha Donna kugeza ubu ntiyemeranya n’ibyo abo mu muryango wa Diamond bakomeje gucaho amarenga bashaka kugaragaza ko yaba yaribarutse kuko ahakana ko umwana Esma na Diamond bagaragaje atari uwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa