skol
fortebet

Ray C yasabye Tanasha kurega umunyamakuru wiyitiriye umwana aherutse kubyarana na Diamond amusubiza amagambo yatangaje benshi

Yanditswe: Monday 25, May 2020

Sponsored Ad

skol

’Imiyoboro irimo ubusa niyo itera urusaku rwinshi ’ Iki cyari igisubizo cya Tanasha Donna nyuma yuko Ray C amusabye kurega umunyamakuru wa radio yo muri tanzania witwa Mwijaku wavuze ko ari we wabyaye umuhungu we Naseeb Junior.

Sponsored Ad

Tanasha Donna, mama w’umwana wa Diamond Platnumz, yashubije nyuma yo gusabwa kurega umunyamakuru wa radiyo yo muri Tanzaniya, Mwijaku, kubera ko avuga ko ari se w’umuhungu we Naseeb Juniour.

Mu nyandiko yabonywe na Pulse Live, Madamu Tanasha Donna yavuze ko Mwijaku azakira ibaruwa y’abamwunganira mu mategeko vuba.

Yakomeje avuga ko amato cyangwa imiyoboro arimo ubusa ariyo atera urusaku rwinshi, kandi ko bazareba icyo azakora uyu munyamakuru amaze kujyanwa mu rukiko. Asubiza Ray C, madamu Donna yagize ati:

Imiyoboro irimo ubusa niyo itera urusaku rwinshi Sister. Uzi ubusa? Azakira vuba ibaruwa y’unyunganira mu mategeko. Reka turebe niba azakomeza kugira ishyaka ryo guteshaguzwa igihe azaba ari mu rukiko.

Ibi byose bije nyuma y’uko umuhanzi w’icyamamare Ray C yagiriye inama Tanasha Donna kurega umunyamakuru wa radiyo yo muri Tanzaniya Mwijaku kubera ibigambo bye.

Ray C n’uburakari bwishi, yerekanye ko Mwijaku yagiye atoteza Madamu Donna ku mbuga nkoranyambaga, igihe kikaba kigeze ngo ahagarike imyitwarire ye yo kwiruka inyuma.utamukeneye.

Ray C wimutse akava muri Tanzaniya kugira ngo abane n’umugabo we mu mahanga, yavuze ko ibyo uyu munyabiganiro kuri Radio yagiye akora ari bibi cyane kandi ko ari agasuzuguro.

Mwijaku yatangiye kujya avuga ayo magambo ashingiye ku kuba abona asa na Nasseb Junior, umwana Tanasha yabyaranye na Diamond..

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa