Yemi Alade yatunguye benshi avuga uburyo yikundira abasore
Yanditswe: Thursday 28, May 2020
Umuhanzikazi mu gihugu cya Nigeria witwa Yemi Eberechi Alade ariko ukoresha izina rya Yemi Alade ku rubyiniro yavuze ko yikundira abahungu maze bituma abafana be bibuka amazina y’abasore b’ingeri nyinshi bagiye bakundana.
Uyu muririmbyi wamamaye ku mugabane wa Africa yabitanagaje kuri uyu wa kabiri ubwo yashyiraga ku rukuta rwe Instagram ifoto izwi nka selfie maze ayiherekesha amagambo yemera neza ko yikundira abasore,” Nkunda abahungu, none se mbeshye” .
Aha ubwo uyu muhanzikazi Yemi Alade yemeraga neza ko yikundira abasore byatumye hatekerezwa ku rutonde rw’abakunzi yagize barimo abakina filimi n’abandi bakora imirimo itandukanye.
Yemi Alade yagiye mu rukundo n’ibyamamare bigiye bitanduka harimo n’abo bakoranaga bya hafi harimo nk’uwamukoreye nk’ureberera inyungu ze Taiye Aliyu, umuririmbyi mugenzi we nawe wo muri Nigeria witwa Flavour, amaze gusohora indirimbo yitwa Johnny yakundanye n’umukinnyi wa filimi uzwi nka Alex Ekubo.
Yemi Alade yavukiye ahitwa Abia muri Nigeria,ku wa 13 Gicurasi 1989, mu mwaka wa 2014 yashyizwe ku rutonde rw’abahataniraga ibihembo bya Nigeria Entertainment Award
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *