Gahunda y’uko amakipe azacakirana mu irushanwa ry’Agaciro yagiye hanze,Rayon Sports iroroherezwa bikomeye
Yanditswe: Monday 02, Sep 2019
Kuwa 13 Nzeri 2019, nibwo imikino y’irushanwa ngarukamwaka ry’Agaciro izakinwa aho amakipe nka Rayon Sports akoresha abakinnyi b’abanyamahanga yemerewe kuzakoresha abo ashaka bose.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere, Bonnie Mugabe ushinzwe amarushanwa mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda,FERWAFA, yatangaje ko irushanwa ry’Agaciro rifasha amakipe kwitegura shampiyona ariyo mpamvu amakipe akoresha abanyamahanga nka Rayon Sports na Mukura VS yemerewe gutanga abakinnyi 30 ashaka, hatitawe kuba harimo abanyamahanga benshi cyangwa bake.
Irushanwa ry’uyu mwaka ryagabanyirijwe iminsi,kuko krizakinwa iminsi ibiri aho kuwa 13 Nzeri hazaba imikino twakwita ko ari nka ½ hanyuma nyuma y’umunsi umwe habe umukino wa nyuma ndetse ngo guhatanira umwanya wa Gatatu.
Ikipe izegukana igikombe izahabwa miliyoni ebyiri, iya kabiri miliyoni n’igice mu gihe iya gatatu izahabwa ibihumbi 500.Umukinnyi w’irushanwa azahembwa ibihumbi 150 na ho uwatsinze ibitego byinshi kurusha abandi ahembwe ibihumbi 100.Rayon Sports niyo yatwaye ibikombe by’Agaciro 2 biheruka.
Gahunda y’imikino:
Tariki ya 13/09/ 2019- Stade ya Kigali
15:30 APR FC vs Mukura
18:00 Rayon Sports vs Police FC
Tariki ya 15/09/2019- Stade ya Kigali/Stade Amahoro
15:30: Umwanya wa gatatu
18:00: Umukino wanyuma
Ibitekerezo
Ariko abanyamahanga mubangir’iki aribo batuma abanyarwanda bakomera, ejo mwabonye umukino Sidibe na Sarpongo bakina?? hahirwa abanyarwanda bazabakurira iruhande.
Ariko Abanyamakuru murasetsa kbsa ngo Rayon yoroherejwe ? niyo ifite Abanyamahanga yonyine?
Ariko Abanyamakuru murasetsa kbsa ngo Rayon yoroherejwe ? niyo ifite Abanyamahanga yonyine?
ariko ko mwanga abanyamahanga kandi mwese mukunda kujya mu bihugu byabo umunsi MWe bazabirukaho bizagenda bite?
Nzaba ndeba mwigize nka Trump nagwa nawe afite ubukungu aba yishingikirije. Umunyarwanda ajya mu mahanga mukishima, ariko umunyamahanga yaza tukazinga umu....., nzaba ndeba ra.