skol
fortebet

Rayon Sports igiye kuba ikipe ya mbere mu Rwanda itunze TV yayo ibifashijwemo n’umufatanyabikorwa mushya [AMAFOTO]

Yanditswe: Tuesday 24, Dec 2019

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Kabiri,taliki ya 24 Ukuboza 2019 nyuma ya saa sita,ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’ikigo cya Tele10 Group azayifasha kuba ikipe ya mbere mu Rwanda itunze televiziyo yayo ikorera kuri interineti n’isanzwe.

Sponsored Ad

Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Kabiri ,akubiyemo gahunda yo gushinga Television ya Rayon Sports izajya igaragara kuri murandasi ndetse n’igaragara mu buryo busanzwe na Application izajya itangirwaho amakuru yose y’iyi kipe.

Iyi television izajya yerekana imikino ya Rayon Sports uhereye mu mpera z’ukwezi kwa mbere umwaka wa 2020.

Rayon Sports izajya yungukira ku bazajya bafata ifatabuguzi kuri ibi bitangazamakuru byose ndetse n’ibikorwa byayo bizarushaho kumenyekana ku rwego rw’isi.

Hagiye gukorwa umurongo wa Television kuri NGTV uzajya ucururizwaho ibijyanye na Rayon Sports mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri murandasi.


Ibitekerezo

  • Wooow! Bravo sadate ! Tukurinyuma kabissa aho uganisha gikundiro niheza !!! Sinzi Ababa babibona ukundi icyo baba bagamije! Wageze kuribyinshi bitagezwe ho nundi wayiyoboye , Imana ikomeze igushyigikire

    Turagushyigikiye cyaneeeeee peeeeé

    Twishimiye uyumushinga windashyikirwa. Mr. President turagushyigikiye komerezaho

    Muziye igihe or!! Mukomereze aho kdi tubarinyumaaaa!!!! Imana ibibafashemo twese abarayon turishimye cyane

    ko bayishira no kuri flat itari Star times

    ko bayishira no kuri flat itari Star times

    Iki gikorwa turacyishimiye, ahubwo se bisaba kuba ufite décodeur ya Télé 10.Mutubwire décodeur tuzakoresha

    Harerimana Erneste

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa