skol
fortebet

Umuvugizi wa Rayon Sports ashobora guhanwa kubera amagambo yavuze kuri FERWAFA

Yanditswe: Saturday 08, Feb 2020

Sponsored Ad

Umuvugizi wa Rayon Sports, Nkurunziza Jean Paul ashobora gufatirwa ibihano bikomeye kubera amagambo yavuze ko FERWAFA atari umuyobozi w’amakipe ahubwo ari umukozi wayo kuko aribo bayishyiraho.

Sponsored Ad

Nkuko amakuru dukesha ikinyamakuru Rwandamagazine.com abitangaza,uzi neza ibyavugiwe mu nama Rayon Sports yafatiwemo ibihano, yabwiye iki kinyamakuru ko Komite nyobozi ya FERWAFA atariyo izahana uyu muvugizi ahubwo yahisemo kohereza ikibazo cye mu kanama gashinzwe imyitwarire ka FERWAFA.

Ati " We ntabwo bamuhannye ahubwo hanzuwe ko ikibazo cye gishyikirizwa akanama ka ’Discipline’ ka FERWAFA kuko we ari umuntu ku giti cye, hanyuma hazasuzumwe niba ibyo yavuze ari ikosa cyangwa atari ikosa."

Ishyamba si iryeru hagati ya FERWAFA na Rayon Sports kuko yayifatiye ibihano 3 bikarishye iyiziza kukura mu irushanwa ry’Intwari rya 2020.

Ubwo umuvugizi wa Rayon Sports,Nkurunziza Jean Paul,yaganiraga n’itangazamakuru ku byerekeye kwikura mu gikombe cy’Ubutwari, yumvikanye avuga ko Komite ya FERWAFA atari abafatanyabikorwa ahubwo ari ’abakozi babo’.

Icyo gihe yagize ati " FERWAFA ntabwo ari umufatanyabikorwa wacu, FERWAFA ni abakozi bacu , bariya mubona...comite executive (komite nyobozi), umunyamabanga wayo Regis..."

Uyu muvugizi wa Rayon Sports ashobora guhanwa azira ko yavuze aya magambo asa nkaho avugira abanyamuryango bose ba FERWAFA ntawamutumye.

Uwahaye amakuru Rwanda Magazine dukesha iyi nkuru yagize ati " Ikosa nirimuhama, ashobora guhanishwa igihano gito cy’amezi atandatu atagaragara mu buyobozi bw’ikipe , ahubwo ari umufana usanzwe, gusa ntigishobora kurenza imyaka ibiri. Byose bizaterwa n’uko akanama gashinzwe imyitwarire kazabyigaho kuko byanzuwe na komite nyobozi ko gashyikirizwa icyo kibazo."

Rayon Sports FC yahagaritswe kutitabira irushanwa ry’ubutwari mu mwaka utaha, icibwa amande ya Frw 300 000 inahagarikwa umwaka idakina umukino wa gicuti mu Rwanda no hanze.

Ibitekerezo

  • Ibyo turabimenyeye Kandi nzinezako hejuru yumwana wumuntu Hari imana

    Ndumva yaba azize kuvuga uko yumva ibintu , itegeko nshinga riduha uburenganzira bwo kuvuga uko wumva ibintu (droit d,expression ! ) ubwo ntitwaba turihonyoye ? Cyangwa akaruta akandi karakamira!!

    Uyu koko ni umuvugizi nyabaki, Sulubuni

    Uyu koko ni umuvugizi nyabaki, Sulubuni

    Ngewe ndabona ferwafa irikwigirizaho ankana rayon kuko ibi mfite gihamyako arukuyizira sigusa ese nibarize ferwafa impamvu arukwiyenza kuri rayon spor kubera iki? Apr yikuye mucyagaciro ntihagire icyo muvuga mubonyeko rayon ariyo yuririzwaho ibihano
    Gusa ntibishimishije nagato iryo nitoneshwa kuma equip amwe namwe cyangwa muzabivuge niba ferwafa ihagaze kunyungu zikipe imwe apr murakoze cyane!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa