Virgil Van Dijk yamaze amatsiko abibaza umukinnyi mwiza hagati ya Mané na Salah
Yanditswe: Thursday 26, Dec 2019
Myugariro wa Liverpool,Virgil Van Dijk uherutse kurangiza ku mwanya wa 2 mu bahatanira Ballon d’Or 2019, yabajijwe ku mukinnyi mwiza hagati ya bagenzi be bakinana mu ikipe ya Liverpool barimo Mané na Salah.
Uyu myugariro wahinduye byinshi mu ikipe ya Liverpool yaganiriye n’ikinyamakuru Al Kass agitangariza ko nubwo bigoye guhitamo umukinnyi mwiza hagati ya Mane na Salah ariko akunda uyu munya Senegal bamaze igihe bakinana.
Virgil yagize ati “Mane na Salah,biragoye guhitamo.Nasubiza ko ntabasha guhitamo kuri ibyo.Ariko mbaye uhitamo nahitamo,Sadio Mane kubera ko ariwe tumaze igihe kinini dukinana.
Mane na Virgil bakinannye mu ikipe ya Southampton mbere y’uko bahurira mu ikipe ya Liverpool.Uyu myugariro w’Umuholandi niwe wayigezemo nyuma muri Mutarama 2018.
Virgil yahinduye bikomeye ubwugarizi bwa Liverpool kuko kuva yayigeramo yatwaye igikombe cya UEFA Champions League ndetse nta gihindutse izegukana shampiyona iheruka 1990.
Virgil yemera cyane Sadio Mane kurusha Mo Salah
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *