Print

Umugabo yapfuye mu gihe haburaga amasaha make ngo akore ubukwe[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 27 March 2019 Yasuwe: 6536

Kuri iki cyumweru tariki ya 24 werurwe 2019, ibyari ibyishimo byahindutsemo amarira n’agahinda nyuma yuko umugabo witwa Murphy wo mu gihugu cya Nigeria yitabye imana bitunguranye mbere yuko akora ubukwe bwe kuri uyu wa mbere tariki ya 25 werurwe 2019.

Aya makuru y’akababaro ku muryango ndetse n’inshuti yamenyekanye ubwo yatangazwaga ku rubuga rwa Facebook n’uwitwa Viviana Osakwe ubwo yatangazaga ko uyu musore yapfuye bitunguranye nyuma yuko yari yamaze no gutegura gahunda zose zijyanye n’ubukwe bwe bwagombaga kuba kuri uyu wa kabiri tariki 25 werurwe 2019 , Inshuti nyinshi z’uyu musore ndetse n’inshuti z’umuryango muri rusange zagaragaje agahinda kadasanzwe nyuma yuko uyu musore ashyinguwe kuri uyu wa kabiri, umunsi wari usanzwe uri bubereho ibirori by’ubukwe nyamara.

Umuhango wo gushyingura uyu musore wabaye hadatangajwe icyaba cyishe uyu musore witabye Imana bitunguranye ibyagombaga kuba ibyishimo by’ubuzima bwe bwose bikavamo agahinda kadasanzwe ku muryango w’uyu musore ndetse nuw’umukobwa bagombaga gusezerana imbere y’Imana n’amategeko.