Print

Nimero Eden Hazard azambara muri Real Madrid yamaze kumenyekana

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 1 June 2019 Yasuwe: 3807

Real Madrid yiteguye kwishyura Chelsea miliyoni 115 z’amapawundi kugira ngo ibone Hazard ariko ngo ntiyiteguye guha Hazard nimero 10 akunda cyane kuko ifitwe na kabuhariwe Luka Modric uherutse gutwara Ballon d’Or.

Mariano Diaz wambaraga nimero 7 ngo ntabwo yayikoresheje neza ariyo mpamvu agiye kuyamburwa igahabwa Hazard ukundwa cyane na Zidane.

Hazard w’imyaka 28 aherutse gutangaza ko yamaze gufata umwanzuro wo kuva muri Chelsea ndetse ngo yawumenyesheje ubuyobozi bwe,ategereje umwanzuro.



Hazard azahabwa nimero 7 yahoze yambarwa na Cristiano Ronaldo