Print

APR FC yamaze kumvikana n’abakinnyi 13 nyuma yo kwirukana 16 [URUTONDE]

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 29 June 2019 Yasuwe: 9707

Kuri uyu wa Gatanu taliki ya 28 Kamena 2019 nibwo ikipe ya APR FC yatumye benshi bagwa mu kantu ubwo yirukanaga abakinnyi 16,itiza abagera kuri 4 isigarana 10 bagiye kwiyongeraho abagera kuri 13 yamaze kumvikana nabo.

Abakinnyi 13 bashya APR FC yamaze kumvikana nabo barimo 3 yakuye mu ikipe ya Rayon Sports nkuko amakuru dukesha Radio 10 abitangaza.

APR FC iri kwitegura imikino ya CECAFA Kagame Cup izatangira kuwa 06 Nyakanga 2019 ikina na Proline yo muri Uganda.

APR FC iri mu itsinda C mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2019, hamwe na Green Buffaloes ( ZAM), Proline Football Club - PFC (UG) na Heegan FC ( Somalia).


Urutonde rw’abakinnyi APR FC yamaze kumvikana nabo