Print

Rwatubyaye yavuze ku makuru yavugaga ko akundana n’uwahoze ari umukunzi wa Kimenyi Yves

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 8 November 2019 Yasuwe: 4483

Rwatubyaye waraye ageze mu Rwanda ku isaha ya saa 19:30’, aje gukinira Amavubi mu gushaka itike yo kwerekeza mu mikino ya CAN 2020,yabwiye ISIMBI dukesha iyi nkuru ko adakundana na Diddy d’Or nkuko byigeze kuvugwa ahubwo ngo ari inshuti bisanzwe.

Yagize ati“Didy ni inshuti yanjye, ni inshuti bisanzwe, turaganira, tukaba twanasangira nk’uko wamarana igihe n’inshuti yawe ariko nta kintu cy’urukundo gihari hagati yanjye nawe.”

Rwatubyaye wahoze akundana n’uwitwa Umurerwa Chelina bagatandukana,yavuze ko nta mukobwa bari mu rukundo muri iyi minsi.

Rwatubyaye yavuze ko yishimiye guhamagarwa mu Mavubi ndetse ngo we na bagenzi be bagomba gukora ibishoboka byose bagahesha ishema u Rwanda.


Rwatubyaye yavuze ko adakundana na Diddy d’Or