skol
fortebet

Prince Harry yatumiye mu bukwe bwe bw’ umwaka abakobwa bamubenze

Yanditswe: Monday 21, May 2018

Sponsored Ad

skol

Abakobwa babiri bigeze gukundana n’ igikomangoma cy’ Ubwongereza Harry de Galles aribo Chelsy Davy na Cressida Bonas bari batumiwe mu bukwe bwe na Meghan Markle bamwe bafata nk’ ubukwe bw’ umwaka bitewe n’ uko bwatangajwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye imbonankubone.

Sponsored Ad

Nk’ uko byatangajwe n’ ikinyamakuru The Guardian aba bakobwa bombi bari ku rutonde rw’ abatumirwa bitabiriye ubu bukwe.

Chelsy hashize imyaka 7 atandukanye n’ igikomangoma Harry. Gusa yagaragaye muri ubu bukwe bwo mu ngoro y’ ubwami bw’ Ubwongereza ndetse yanagaragaye mu buwe bw’ ubwami bwo muri Camboridge muri 2011.

Uyu mukobwa n’ iki gikomangoma bahuriye mu mujyi wa CAP Town muri Afurika y’ Epfo muri 2004 ubwo cyari cyagiyeyo mu karuhuko.
Mu mpera za 2015 nibwo umukinnyi wa filime Cressida nawe yatangiye gukundana n’ igikomangoma Harry baza gutandukana kuko uyu mukobwa itangazamakuru ryamuhozaga mu kanwa nyamara we atabikunda hakurikiraho Meghan Markle.

Andi makuru bifitanye isano

Ibigize impeta igikomangoma Harry yambitse Markle wakunzwe n’imbwa z’ibwami

Igikomangoma Harry na Meghan Markle bakoze ubukwe bw’igitangaza [AMAFOTO]

Michelle Obama ntiyatumiwe mu bukwe bw’igikomangoma Harry na Markle kandi ariwe wabahuje

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa