skol
fortebet

Reba ubuhamya buteye agahinda bwa Mukansanga Pasiteri yarazaga amajoro yifuza kumugira umugore wa kabiri bigiye no kumwicira ubukwe

Yanditswe: Thursday 01, Nov 2018

Sponsored Ad

skol

Mukansanga ni umukobwa ufite imyaka 27 y’amavuko , apima metero imwe na 80 , afite ibiro 65 akaba umunyeshuri muri imwe muri kaminuza zikorera mu mujyi wa Kigali .

Sponsored Ad

Mu buhamya uyu mukobwa atanga , yabwiye umunyamakuru uburyo yatotejwe azira ko yabenze umushumba w’Itorero asengeramo , bikagera naho atangira gucyurirwa ubwirasi no gusuzugura by’indengakamere bitewe n’ingero mbi pasiteri wabo akunda kumutangaho mu gihe ashaka kuvuga no kwerekana abakobwa bafite imico idahwitse b’Abanyarwandakazi .

Ntibyari bimenyerewe ko umukobwa yemera gushira amanga akavuga inzira y’umusaraba anyuramo cyangwa yanyuzemo , agamije kwerekana itotezwa rikorerwa abari n’abategarugori mu matorero .

Mu ijambo rye ryuje agahinda , Lyse ati :” Ubundi njyewe maze imyaka ibiri nkijijwe gusa , nakunze kubaho nkuko abandi bakobwa badakijijwe bamera kuko nanyweye inzoga kandi narasambanye ariko maze gusanganirwa n’umwuka wera w’Imana anyemeza ko ndi umunyabyaha ndihana , nakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza w’ubugingo bwanjye . ”

Yakomeje ati :” Mu myaka ibiri maze ndi murusengero , natujemo amezi nka atatu gusa kuko umushumba wanjye yampamagaye ari ku cyumweru akambwira ko dukwiye kuganira amfitiye ubutumwa Imana yamuhaye , naramwitabye ansaba nimero nkoresha ya telefone ahita ambwira ko nta kanya gahagije afite kuko ari kwakira abantu bamukeneye byihutirwa , nanjye musubiza ko nategereza akabanza akabakira nkatahira rimwe . Yarabyanze ambwira ko ubwo abonye nimero yaza no kubimbwirira kuri telefone , ntacyo bitwaye .”

Lyse ibyo yibwiraga ko Imana yamutumyeho byaje kuvamo gusabwa urukundo na Pasiteri .

Mu buhamya bwe buteye agahinda , Lyse avuga ko yarazi neza ko Pasiteri afite undi mugore kandi banicarana k’uruhimbi , kuburyo atiyumvishaga ko yashaka kumuca inyuma . Mu ijwi ryumvikanamo agahinda ati :” Igihe cyarageze arampamagara , ambwira ko Imana yamuntumyeho ngo ambwire ko inyishimira . Naramubwiye mu ijambo rimwe ngo ‘ Amen ‘ . Araceceka , ambaza niba mfite umusore dukundana ndamwemerera . Hashize akanya ambwira ko Imana itamwishimira kandi niba bishoboka namureka ngo kuko adakijijwe ahubwo ajijisha mu gakiza .

Narabababaye musaba kuva kuri icyo kiganiro kuko narinzi neza inama umukunzi wanjye yangiriye ngo nkizwe , ndetse n’uburyo namwereye imbuto mbi ( ndi umusinzi , nkanamuca inyuma ) we akanyerera inziza yanga ko tunakora icyaha akanambabarira numva amarira ajenze mu maso ndamukupa . Nyuma duhuye yarambwiye ngo ndi umunyagasuzuguro , k’uburyo byageze naho azajya antangaho ingero mu Itorero .”

Itorero ryemeye kumusezeranya , ariko Pasiteri yamubwiye ko niba ashaka gusezerana akwiye kujya gusezeranira ahandi .

Lyse uvuga ko atigeze agira icyo abwira umuntu numwe k’ubushyamirane bwe na Pasiteri , akavuga ko yabuze aho ahera asobanurira umusore bitegura kurusha uko Pasiteri yamusabye kumwanga , bikagera naho amubwira ko amukunda kandi yifuza kumukodeshereza inzu nziza akamuha n’imodoka ariko akamugira umugore .

Ati :” Pasiteri yambwiye ko ankunda ndetse nkwiye no kwanga umusore twakundanaga , mbyima amatwi kuko numvaga ari ubuhemu bukomeye . Namubwiye ko anyibagirwa akita ku mugorewe we ambera ibamba . Yambwiye ko ninemera nkanga umuhungu dukundana azankodeshereza inzu nziza nkayibamo kandi akangurira n’Imodoka nzajya ngendamo ariko nkemera kumubera umugore , kugeza ubwo azashaka icyamutandukanya nuwo babana .

Byanteye agahinda , mbura uko mbibwira umukunzi wanjye , nyuma tugiye gusaba Itorero kudusezeranya abandi barabyemeza ariko icyemezo cya nyuma gifatwa na Pasiteri kiza kiduhakanira , avuga ko niba dushaka kubana nk’umugore n’umugabo we atadusezeranya ahubwo twazajya gusezeranira ahandi .”

Uko iminsi yegereza , niko ababyeyi babaza abana bombi impamvu ibatera gutinza impapuro z’ubutumire . Lyse yakomeje kwinginga Pasiteri ariko nawe yamubereye ibamba . Yibaza niba azabisobanurira umuhungu bakundana ndetse bagiye kubana akumva bishobora kuzahita bihagarika ubukwe , bitewe nuko atigeze abimubwira mbere .

Lyse ati :” Ndibaza niba abantu bazabona twimuriye ubukwe ahandi batazagirango byatewe nuko naba narintwite nkarira gusa , natekereza ko umuhungu twakundanye kandi tugiye kubana namuhishe inzira y’umusaraba nanyuzemo nkumva bizahita bituma duhagarika ubukwe cyangwa antere icyizere . Mana weee ubu koko nakoze iki gituma mbaho gutya ?”

Ibitekerezo

  • IHANGANE UBIBWIRE UMUCHER WAWE UKO BIMEZE MUBIGANIREHO MUFATE UMWANZURO KUKO UBUKWE NTIBUZAPFA NAHO PASTER UMUREKE IBYO AKORA NTABWO ABIZI IMANA ISHOBORA KUZAMUHINDURIRARA AKAZI KUKO UMURIMO WO GUKORERA IMANA URAMUNANIYE.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa