skol
fortebet

Padiri w’Abahindu yaciye umutwe umuyoboke we mu rwego rwo gutambira imana igitambo ngo ihagarike Covid-19

Yanditswe: Sunday 31, May 2020

Sponsored Ad

Padiri w’idini ry’abahindu yaciye umutwe umugabo w’umuyoboke w’iri torero mu rwego rwo kumutambamo igitambo ngo imana yabo ihagarike icyorezo cya Coronavirus gikomeje kumara abantu.

Sponsored Ad

Uyu mwigisha w’Umuhindu witwa Sansari Ojha w’imyaka 72 bivugwa ko yari yasinze ndetse n’uyu mugabo yaciye umutwe ngo nawe bari basangiye inzoga n’ibiyobyabwenge.

Uyu mupadiri w’abahindu ngo yasabye uyu muyoboke we kumuca umutwe kugira ngo batambire ikigirwamana cyabo igitambo nacyo gihagarike Coronavirus.
Ojha yakase umutwe w’umugabo w’imyaka 54 witwa Saroj Kumar Pradhan ku gicaniro cy’urusengero rwitwa Brahmani Devi ruherereye ahitwa Narasinghpur.

Ubu bwicanyi bwabaye mu rukerera rwo ku munsi w’ejo ubwo aba bombi bari bamaze kugirana ibiganiro bigayitse.

Umugenzacyaha witwa Ashish Kumar Singh yavuze ko uyu mupadiri wari wasinze cyane,akimara guca umutwe uyu mugabo yahise ajya kwirega ku biro bya polisi yabaye nk’umusazi.

Ojha yabwiye Polisi ko imana y’ingore yamusuye mu nzozi imusaba gutangaho ubuzima bw’umuntu igitambo kugira ngo nayo ihagarike Coronavirus yayogoje isi.

Uhagarariye abapolisi b’ahitwa Athagarh, Alok Ranjan Ray,yabwiye Gulf News ati “Padiri yavuze ko yabonye imanakazi mu nzozi,imusaba gutamba igitambo cy’ubuzima bw’umuntu kugira ngo ihagarike Coronavirus.Kugira ngo ashimishe iyo manakazi yahisemo guca umutwe umuntu.”

Polisi yavuze ko yahise itangira iperereza hanyuma umurambo wa Pradhan ujya gusuzumwa.Intwaro uyu mwicanyi yakoresheje nayo yasanzwe ku gicaniro.

Amakuru avuga ko uyu mupadiri Ojha yagiranaga amakimbirane na Pradhan aturutse ku giti cye cy’amatunda cyari cyegereye urusengero rwe.

Mu buhindi harabarurwa abantu 4,797 bamaze kwicwa na coronavirus dmu gihe abamaze kuyandura ari 167,442.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa