Umwongereza n’umukunzi we bahanutse kuri Etaje barangirika cyane ubwo barimo baterera akabariro ku ibaraza
Yanditswe: Monday 19, Aug 2019
Umwongereza w’imyaka 30 n’umukunzi we bahuye n’uruva gusenya ubwo barimo baterera akabariro ku ibaraza rya Etaje imwe yo mu Bufaransa, bahanuka baturtse ahareshya na metero zisaga 3 bikubita hasi barakomereka.
Amakuru aravuga ko uyu mugabo yasabye umukunzi we ko batera akabariro bari kumva amahumbezi yo hanze,araryoherwa yibagirwa ko ari ku ibaraza niko guhanuka aravunika cyane gusa ntabwo yapfuye.
Uyu mugabo n’umugore bari basohokeye ku nzu y’ubucuruzi yitwa Le Cannet iherereye ahitwa Riviera mu majyepfo y’Ubufaransa.
Nkuko amakuru abitangaza,uyu mugabo akimara kwikubita hasi yahise ajyanwa mu ndembe mu bitaro byitwa Pasteur biherereye i Nice mu gihe uyu mukunzi we w’imyaka 28 barimo batera akabariro ukomoka muri Canada yakomeretse ariko bidakanganye.
Iperereza ryagize riti “Byabaye kuwa Gatandatu saa 12:30 z’amanywa,ubwo bombi barimo baterera akarira ku ibaraza ry’icyumba bari bakodesheje.Bararyohewe barahanuka bagwa mu muhanda.Abaturanyi bahise bahamagaza ubutabazi.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *