skol
fortebet

Abagore babiri bashatse umugabo umwe bahishuye uko babanye nk’impanga

Yanditswe: Saturday 02, Mar 2024

featured-image

Sponsored Ad

Abagore babiri bahuje umugabo bo muri Ghana, Adepa na Deejah Houston bashakanye n’umugabo wabo umunsi umwe, bavuze uburyo bafitanye ubucuti n’ubucuti bidasanzwe.

Sponsored Ad

Aba batatu bashakanye mu mpera z’umwaka ushize.

Ku rubuga rwa Facebook ku wa kabiri, 27 Gashyantare 2024, Adepa yavuze uburyo guhangana kwabo bigitangira kwavuyemo ubucuti n’ubuvandimwe.

Ati: “Twahuye tumeze nk’abo duhanganye ariko dufite intego zimwe, twabonye ubucuti n’ubuvandimwe. Noneho ubu ni nk’impanga yanjye tubifashijwemo n’umugabo wacu mwiza, Michael Houston. Imana ihe umugisha urugo rwacu kandi iturindire umutekano. Impanga za Houston ”.

Ku ruhande rwa Deejay, yaranditse; Ati: “Dufite ikamba ryacu n’imibereho yacu. Turi abantu babiri batandukanye ariko dufite uko duhuza. Dufite ibyo dutandukaniyeho turavugana, dusabana imbabazi, tugakosorana ubundi tugakomeza. ”

Hagati aho, umugabo wabo yagize icyo avuga kuri bumwe mu butumwa bwabo, yandika ati: “Nkunda intera mwembi mumaze kugeraho, uko mukemura ibibazo byanyu ntabigizemo uruhare,nshobora kwishima cyane.Kubera mwebwe, imigisha yacu yariyongereye cyane muri iyi minsi.Imana nikomeza kuba hamwe natwe tuzagera kuri byinshi.Amahoro ya nyagasani akomeze agume kuri twe no mu bazadukomokaho ibihe byose, Amen. Ndabakunda abagore banjye. "

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa