Umugabo wagaragaye ashaka gusoma umukobwa muri #AFCON2023 yahishuye byinshi
Yanditswe: Thursday 01, Feb 2024
Bwana Anselme Santos wo muri Cote d’Ivoire yagiye mu mazi abira kubera amashusho yamugaragaje ari kwiyegereza umukobwa w’ikizungerezi w’umunya Senegal nyuma y’umukino w’Igikombe cy’Afurika.
Ubwo Cote d’Ivoire yari imaze gutsinda Senegal kuri penaliti 5-4,Bwana Anselme yagaragajwe mu mashusho ari kwiyegereza uyu mukobwa mwiza w’umunya Senegal byatumye umugore we n’abana barakara nyuma yo kubona amashusho. a
Anselme Santos,wamamaye cyane nyuma yo kugaragara muri iyi videwo yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati:
“Mu byishimo byinshi, naramubwiye nti ’mpa numero yawe’. Ntabwo byari bibi, ariko ntiyabishakaga. Ntabwo rero nahatirije. Ndashaka kuboneraho umwanya wo gusaba imbabazi umugore wanjye n’abana banjye!
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *