Umugore yaciye ibintu nyuma yo kugaragaza ko abana n’abagabo babiri icyarimwe
Yanditswe: Monday 12, Feb 2024
Umugore yaciye ibintu yerekana abagabo be babiri babana n’abana babyaranye bombi.
Umugore w’umunyamerika, Passion Jones yashimiwe na bamwe abandi baramunenga cyane, nyuma yo kwerekana abagabo be babiri babana ndetse n’abana babyaranye bombi, ku munsi wahariwe gushimira uba muri Amerika ’thanksgiving day’.
Uyu mugore w’imyaka 31 yashakanye n’umugabo wa mbere afite imyaka 20, gusa umubano we n’abagabo babiri waje afite imyaka 30.
Uyu mugore yavuze ko atigeze yizera ko azashakana n’abagabo babiri icyarimwe ariko ngo ubu arabikunda.
Uyu mugore yavuze ko umugabo we wa mbere bafitanye abana babiri atigeze amuhatirwa ko bazana undi mugabo, ndetse ko nta shyari agira kuko ngo nawe abyishimira.
Umugabo we wa kabiri baheruka kubyarana umwana ndetse ngo ubuzima bwe n’abandi ni bwiza.
Aba bagabo bavuga ko bazajya basimburana mu gutera inda uyu mugore,kugira ngo bibafashe kumenya se w’umwana uwo ari we.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *