skol
fortebet

Amateka n’Ibisobanuro by’umunsi w’abakundana ’Saint Valentin’

Yanditswe: Thursday 14, Feb 2019

Sponsored Ad

skol

Umunsi w’abakundana witiriwe Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare buri mwaka. Uwo munsi urangwa n’uko abakundana bibuka urukundo rwabo basangira, basohokana cyane cyane bahana impano zitandukanye ziganjemo indabyo.

Sponsored Ad

Umunsi wa Saint Valentin wakomotse ku mupadiri w’Umunyaromani witwa Valentin wabayeho ku gihe cy’umwami w’abami Claudius II ahagana mu myaka 269 n’i 273 mbere y’ivuka rya Yezu kiristu. Muri icyo gihe, tariki ya 14 Gashyantare habaga umunsi mukuru wo kwihiza umunsi w’umwamikazi Juno wafatwaga nk’imana y’abagore.

Kuri uwo munsi, abasore bandika amazina y’abakobwa bari mu kigero kimwe bakayashyira mu kintu, umusore yazamura izina ry’umukobwa guhera ubwo akamuherekeza bakajya kwizihiriza uwo munsi hamwe.

Ngo ibyo byatumaga abakobwa bahura n’abasore kuko mbere byabaga bibujije, ubucuti bwabo bugakomera bukava no kubana ubuziraherezo.

Ku ngoma ya Claudius igihugu cye cyaje kugarizwa n’intambara zikomeye, agira ikibazo cy’abasirikare bagomba kurwanira igihugu kubera ko abagabo bakiri batoya bangaga gusiga abagore babo ngo bajye ku rugamba.

Umwami Claudius yafashe icyemezo cyo guhagarika gushaka, ariko Saint Valentin ntiyabyakira neza. Afatanyije na Saint Marius batangira gusezeranya abantu bashaka kubana mu ibanga. Amakuru yageze ku mwami Claudius ararakara ategeka ko Padiri Valentin afatwa agafungwa.

Padiri Valentin yarafunzwe, akatirwa urwo gupfa akubiswe amahiri akanacibwa umutwe. Ngo igihe yarategereje iherezo rye, abantu bazanaga indabyo n’ubutumwa bwo kumukomeza bakazinyuza mu idirishya.

Uyu munsi uvugwaho byinshi. Hari n’abavuga ko ubwo Valentin yari afunzwe, umukobwa w’umucungagereza yakomeje kumuba hafi, amusura kugeza igihe cyo kunyongwa. Uwo mukobwa yari afite ubumuga bwo kutabona, ariko ibitangaza byabaye mu gihe yasengeraga Valentin yongeye kureba.

Ubwo haburaga umunsi umwe ngo Valentin anyongwe, bivugwa ko yanditse ku ruparuro amagambo agira ati: “ Love from your Valentine” ni ukuvuga “urukundo rwa Valentin wawe” amushimira urukundo n’ubutahemuka yamugaragarije.

Ibitekerezo

  • Rwose ni byiza GUKUNDANA.Ndetse n’Imana irabidusaba nk’abakristu.Ariko ikibabaje nuko ibyo abantu basigaye bita gukundana,usanga akenshi bikorwa n’abantu batashakanye,ahubwo bishimisha gusa bakora ibyo Imana itubuza.Ni ukuvuga kuryamana.Bigatuma Saint Valentin nayo iba mu minsi ibabaza Imana.Urukundo nyakuri Imana idusaba,ni urutubuza kurwana,kwicana,gusambana,kwiba,etc...Nyamara nibyo abantu bakora ku bwinshi.Reba intambara zuzuye mu isi.Abantu bazi ko atari aba Fiyanse officially cyangwa bari "married",nimusigeho kubeshyana ngo murakundana.Mwibabaza Imana yacu.Nkuko Imana ivuga muli 1 Abakorinto 6:9,10,abantu bose bakora ibyo itubuza,ntibazaba muli paradizo.Ni ukutagira ubwenge iyo ukora ibyo Imana itubuza,bikazakubuza kubona ubuzima bw’iteka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa